Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: KAYONZA: IMPINDUKA MUBAYOBOZI B’AMADINI N’AMATORERO
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
ubuzima

KAYONZA: IMPINDUKA MUBAYOBOZI B’AMADINI N’AMATORERO

igire
igire Yanditswe January 23, 2024
Share
SHARE

Aba bayobozi babigarutseho ubwo bari mu mahugurwa yateguwe n’itorero rya Disciple Nations Pentecost Church (DNPC) mu Rwanda agamije gutoza abashumba imiyoborere myiza . abayitabiriye baturutse mu bihugu bitandukanye birimo Tanzaniya ndetse hari n’abaturutse muri Amerika ari nabo bahuguye aba bayobozi .

Rouise Nyiranshimyimana ari kwimenyereza umwuga w’ivugabutumwa mu itorero rya EPR yavuze ko muri aya mahugurwa yahigiye kuyobora abo ayoboye afite umutima w’ubugwaneza ndetse no kubayobora neza akanasubiza ibibazo by’abo ayoboye

Yagize ati”muri aya mahugurwa nkuyemo kuyoboza abantu ubugwaneza, kubayobora neza ndetse no gusubiza ibibazo by’abayoboke bacu kandi n’umuntu wacu uzitwara nabi tuzamwigisha ijambo ry’Imana ahinduke ibyo bizorohereza leta kuko abanyabyaha bazagabanuka.”

Rev Gisimba Innocent uyobora itorero rya Methodist Rwanda mu ntara y’Iburasirazuba yavuze ko imiyoborere myiza bayumva neza cyane kuko imiyoborere ishingiye ku Ijambo ry’Imana igira akamaro cyane ku baturage benshi kandi ko imiyoborere ishingiye ku Ijambo ry’Imana ituma abanyabyaha babivamo ndetse n’ibikorwa bibi bikagabanuka.

Yagize ati” imiyoborere myiza tuyumva neza cyane kuko iyo ishingiye ku Ijambo ry’Imana ijya igira n’akamaro kanini kuri rubanda nyamwinshi kandi imiyoborere myiza y’Ijambo ry’Imana ituma abanyabyaha barushaho gukizwa bakaba bake.”

Umuyobozi mukuru wa DNPC mu Rwanda Rev Pastor James KAREMERA yavuze ko impamvu bateguye aya mahugurwa ari ukugira ngo ibyo abakozi b’Imana bahamagariwe gukora babikore neza ari nayo mpamyu nyirizina y’aya mahugurwa ndetse ko ari nabyo Leta ibakangurira bityo ko nabo bagomba kuzuza inshingano zabo neza ndetse itorero ayoboye rijya rikora ibikorwa bitandukanye byo gufasha abaturage birimo kuboroza amatungo kugira ngo biteze imbere

Yagize “ impamvu twateguye aya mahugurwa ni ukugira ngo abakozi b’Imana bakore neza umurimo bahamagariwe ndetse ni nabyo Leta idusaba kandi Leta ni umubyeyi rero ibyo idusaba tugomba kubikora neza , hari n’ibikorwa bitandukanye mu minsi ishize itorero ryacu ryakoze birimo koroza abaturage hano i Rwinkwavu mu mudugudu wa Rebero ahitwa mu Kidudu ariko kandi aya mahugurwa nayateguye ngamije guhindura imyumvire y’abaturage bahatuye kuko iyo urebye ukuntu hari ubutaka bwiza ntabwo bagombye kubaho mu buzima bubi ari nabyo byanteye imbaraga zo kubahugura bagahindura imyumvire.”

Muri aya mahugurwa hahuguwe abasaga magana ane (400) baturutse hirya no hino mu gihugu by’umwihariko mu ntara y’Iburasirazuba.

Rev Pastor James KAREMERA wateguye amahugurwa.

Rev Pastor James KAREMERA wateguye amahugurwa.

 

You Might Also Like

Abajyanama b’Ubuzima bagiye kongererwa ubushobozi

Ibyaranze ishyingurwa rya Papa Francis

Ibyo wamenya kuri Bazilika ‘Santa Maria Maggiore’ ishyingurwamo Papa Fransikiko

Iyo uburezi bukora akazi kabwo neza, Jenoside ntiyari kuba – Minisitiri Nsengimana

Abapolisi batanze amaraso yo kuzafashisha abarwayi

igire January 23, 2024 January 23, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

UEFA Champions League:PSG isezereye Arsenal isanga Inter ku mukino wa nyuma
SIPORO

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?