Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Kazungu Denis yasabiwe gufungwa indi minsi 30
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
ubuzima

Kazungu Denis yasabiwe gufungwa indi minsi 30

igire
igire Yanditswe October 26, 2023
Share
SHARE

 

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kokongera igihe cy’iminsi 30 yo gufungwa by’agateganyo kuri Kazungu Dennis ukurikiranyweho ibyaha birimo ubwicanyi, yemera ko yakoreye abantu 14.

Kazungu ntiyageze mu cyumba cy’urukiko, yaburanye hakoreshejwe ikoranbuhanga rya Skype (video) aho afungiye i Mageragere.

Zimwe mu mpamvu Ubushinjacyaha bugaragaraza zo kumwongererera iminsi 30 yo gufungwa by’agateganyo ni uko bugikora iperereza, no gukusanya ibimenyetso ku byaha akurikiranyweho.

Bwagaragaje kandi ko mu gihe cy’iminsi 30 y’agateganyo ishize bwagerageje gukusanya imyirondoro y’abakorewe ibyaha nubwo itaramenyekana kuri bose.

Bwasabye ko mu gihe Urukiko rwakongerera igihe cy’iminsi 30 yo gufungwa by’agateganyo Kazungu Dennis, byaba umwanya wo gukusanya amakuru n’imyirondoro ku bantu yishe n’abo yakoreye ibyaha.

Kazungu Dennis we yavuze ku byo Ubushinjacyaha bumusabiye ntacyo yarenzaho, mu gihe byabafasha mu iperereza.

Umwanzuro uzasomwa kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Ukwakira, 2023  saa cyenda (15h00).

Kazungu yatawe muri yombi na RIB ku itariki 5 Nzeri 2023, atangira gukorwaho iperereza ku mirambo yari iri mu cyobo cyari ahari igikoni cye.

Aregwa ibyaha 10 birimo ubwicanyi bukozwe ku bushake, guhisha umurambo no kuwushinyagurira, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, iyicarubozo, n’ibindi byaha by’ubugome.

You Might Also Like

Abajyanama b’Ubuzima bagiye kongererwa ubushobozi

Ibyaranze ishyingurwa rya Papa Francis

Ibyo wamenya kuri Bazilika ‘Santa Maria Maggiore’ ishyingurwamo Papa Fransikiko

Iyo uburezi bukora akazi kabwo neza, Jenoside ntiyari kuba – Minisitiri Nsengimana

Abapolisi batanze amaraso yo kuzafashisha abarwayi

igire October 26, 2023 October 26, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

UEFA Champions League:PSG isezereye Arsenal isanga Inter ku mukino wa nyuma
SIPORO

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?