Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Kenya: Perezida Ruto yashyizeho Visi Perezida mushya
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Kenya: Perezida Ruto yashyizeho Visi Perezida mushya

igire
igire Yanditswe October 18, 2024
Share
SHARE

Perezida wa Kenya William Samoei Ruto, yagize Prof. Abraham Kithure Kindiki Visi Perezida mushya, nyuma y’aho Rigathi Gachagua wari kuri uwo mwanya yegujwe na Sena ku wa Kane.

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya Moses Wetang’ula, ni we wemeje iby’ayo makuru mashya yakiriye avuye muri Perezidansi.

Yagize ati: “Nakiriye ubutumwa buturutse kwa Perezida burebana no guha inshingano Prof Kithure Kindiki kugira ngo azibe icyuho cy’umwanya cyagaragaye mu biro bye.”

Asimbuye Gachagua wegujwe nyuma yo gushinjwa ibyaha binyuranye ariko we agatakamba avuga ko ibyo ashinjwa byose ari ibinyoma.

Gachagua ari mu bashyigikiye Perezida Ruto mu gihe cy’amatora yo mu mwaka wa 2022 ndetse anafasha mu kubona amanota menshi mu Karere ko hagati ya Kenya.

Gusa mu mezi ashize Gachaguam yatangiye kugaragaza ko yatangiye guhezwa nyuma y’amakuru yakwirakwijwe n’ibitangazamkuru byo muri icyo gihugu ko yatangiye kwifatanya n’abarwanya Perezida Ruto.

Kindiki umusimbuye ni umwe mu bantu ba hafi ba Ruto, abaka yarayoboye Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu gihugu mu gihe cy’imyaka ibiri ya manda ya Perezida

Mbere yo kuyobora iyo Minisiteri, yabaye Umusenateri uhagarariye Intara ya Tharaka Nithi, akaba yari no mu bari mu kuboko kw’iburyo kwa Perezida Ruto mu gihe cy’amatora.

Biteganyijwe ko Inteko Ishinga Amategeko iza guterana ikemeza ishyirwa mu mwanya rya Kindiki mbere y’uko arahirira kuzuza inshingano nshya.

You Might Also Like

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

Amb. Bizimana yashyikirije Perezida wa Senegal impampuro zo guhagararira u Rwanda

Ibyo wamenya kuri Papa Leon XIV, Umusimbura mushya wa Petero intumwa

Perezida Kagame uri i Paris yakiriwe na Macron w’u Bufaransa

Umunsi wageze, gutora Papa mushya bigiye gutangira

igire October 18, 2024 October 18, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?