Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Kigali: Abantu 11 bahitanywe n’ubwanikiro bw’ibigori bashyinguwe
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
ubuzima

Kigali: Abantu 11 bahitanywe n’ubwanikiro bw’ibigori bashyinguwe

igire
igire Yanditswe February 6, 2023
Share
SHARE

Abantu 11 baburiye ubuzima mu mpanuka y’ubwanikiro bw’ibigori mu cyumweru gishize mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo bashyinguwe mu cyubahiro mu irimbi rya Rusororo.

Iyi mpanuka y’ubwanikiro bw’ibigori yabaye tariki ya 3 Gashyantare 2023 mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rusororo mu Kagari Gasagara mu Mudugudu wa Rugagi ihitana abantu 11 abandi bagera kuri 36 barakomereka.

Iyo mpanuka yaturutse ku muyaga mwinshi wahushye ubwo bwanikiro bwari buremerewe n’umusaruro wanitsemo, bikavugwa ko n’ibiti bibukoze byari byaramunzwe, ibiti n’ibigori byose bikaba byarabaguye hejuru.

Umuhango wo kubashyingura witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu, Ingabire Assumpta wari uhagarariye Guverinoma y’u Rwanda mu gufata mu mugongo imiryango yabuze ababo.

Mu ijambo rye, Umunyamabanga wa Leta Ingabire yihanganishije imiryango yabuze ababo n’ifite abakomerekeye muri iyo mpanuka, ababwira ko Guverinoma y’u Rwanda yifatanyije na bo mu kababaro kandi izakomeza kubaba hafi nk’uko yabitangiye.

Ati “Mu izina rya Leta y’u Rwanda twaje kubakomeza no kubafata mu mugongo, mwatakaje abavandimwe, abana, ababyeyi ariko mwumve ko natwe tubabaye kuko n’igihugu cyatakaje abantu bacyo. N’ubwo aba bavandimwe bitahiye ariko basize umurage mwiza, umurage wo gukunda umurimo”.

Ababuriye ababo muri iyi mpanuka agahinda kari kose
Ababuriye ababo muri iyi mpanuka agahinda kari kose

Ingabire yavuze ko Leta y’u Rwanda izakomeza kuba hafi y’imiryango y’ababuze ababo kugira ngo ubuzima bukomeze, yaba mu mibereho ndetse no gukomeza imikorere ya Koperative. Yanavuze ko bazita cyane ku byo abantu basabye byo kwita ku buziranenge bw’ibyo abaturage bakoresha, kuko ari inshingano za Leta, abizeza ko ibyabaye bitazongera.

Abantu benshi bari batabaye
Abantu benshi bari batabaye

You Might Also Like

Rusizi: 92.1% by’abana bari munsi y’imyaka 5 barererwa muri ECDs

MUSANZE: Imirenge 4 yo muri Musanze na Gakenke yibasiwe na Malariya

Ibyaranze ishyingurwa rya Papa Francis

Ibyo wamenya kuri Bazilika ‘Santa Maria Maggiore’ ishyingurwamo Papa Fransikiko

Iyo uburezi bukora akazi kabwo neza, Jenoside ntiyari kuba – Minisitiri Nsengimana

igire February 6, 2023 February 6, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Играть в клубе онлайн на настоящие средства
blog

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?