Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Kigali: Barasabwa kutihisha inyuma y’iminsi mikuru bakubaka mu buryo butemewe
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Mu Rwanda

Kigali: Barasabwa kutihisha inyuma y’iminsi mikuru bakubaka mu buryo butemewe

igire
igire Yanditswe December 27, 2022
Share
SHARE

Nyuma yo kubona abaturage bamwe bihisha inyuma y’iminsi mikuru bakubaka mu buryo bw’akajagari, ndetse budakurikije amategeko y’imiturire, Umujyi wa Kigali wabasabye kubyirinda kugira ngo bitazabagiraho ingaruka zo gusenyerwa.

Abihisha inyuma y
Abihisha inyuma y’iminsi mikuru bakubaka mu kajagari baburiwe

Dr. Mpabwanamaguru Merard, Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Imiturire n’Ibikorwaremezo, mu kiganiro yagiranye na Kigali Today tariki 27 Ukuboza 2022, avuga ko impamvu basaba abaturage kwirinda kubaka mu kajagari ndetse batanabifitiye ibyangombwa, ari ukugira ngo batazitwikira iminsi mikuru, bagira ngo ubuyobozi burahuze bigatuma bubaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Dr Mpabwanamaguru avuga ko hakorwa ubukangurambaga buri gihe kugira ngo abaturage badakora ibinyuranyije n’amategeko, kuko ujya kubona ukabona umuturage aritoye yubatse ubwiherero cyangwa inzu ariko atabiherewe uburenganzira.

Ati “Tuributsa abantu bose ko kubaka bisabirwa uruhushya kandi ko uwubaka agomba kugaragaza urwo ruhushya ahakorerwa ubwubatsi, abashinzwe ubugenzuzi ntibicaye, ntihagire abitwikira iminsi mikuru ngo bakore ibitemewe, twubake ahemewe, dukurikize ibyo twaherewe uruhushya”.

Abaturage barasabwa kwirinda kubaka batabyemerewe kuko babihanirwa
Abaturage barasabwa kwirinda kubaka batabyemerewe kuko babihanirwa

Yaboneyeho kwibutsa abantu bose bubaka cyangwa bifuza kubaka mu Mujyi wa Kigali, kwirinda imyubakire y’akajagari bakanareba ko uruhushya rwo kubaka atari uruhimbano.

Yasabye kandi umuntu wese uguze ikibanza kirimo kubakwa kudahererekanya uruhushya n’uwo baguze, ahubwo agasaba ko rushyirwa mu mazina ye.

Ku bijyanye n’inzu zubakwa zikuzura zikaza gusenywa nyuma, yasubije ko abantu baba barenze ku mabwiriza kandi ko baba babujijwe kubaka bakanga bakabirengaho.

Dr Mpabwanamaguru avuga ko ubu muri ibi bihe by’iminsi mikuru bari mu bikorwa by’ubugenzuzi, kugira ngo barebe niba nta bari mu bikorwa byo kubaka binyuranyije n’amategeko.

Inyubako iyo ari yo yose isabirwa uburenganzira kugira ngo yubakwe
Inyubako iyo ari yo yose isabirwa uburenganzira kugira ngo yubakwe
Gusana nabyo bisabirwa uruhushya
Gusana nabyo bisabirwa uruhushya

You Might Also Like

Ingengo y’imari ya 2025/2026 iziyongeraho miliyari 1 216,1Frw igere kuri miliyari 7 032,5 Frw

Umusaruro w’inganda wazamutseho 5% muri Werurwe 2025

U Rwanda mu nzira yo gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peretoli litiro miliyoni 334

U Rwanda na PSG byongereye amasezerano y’imikoranire kugeza mu 2028

Abadepite basabiye urubyiruko rw’amikoro make n’abarengeje imyaka 65 guhabwa inguzanyo ya VUP

igire December 27, 2022 December 27, 2022
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?