Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Kigali: Hakenewe kubakwa amacumbi aciriritse nibura ibihumbi 18 buri mwaka
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Kigali: Hakenewe kubakwa amacumbi aciriritse nibura ibihumbi 18 buri mwaka

igire
igire Yanditswe June 27, 2023
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buravuga ko hakenewe byibura inzu ziciriritse zigera ku bihumbi 18 buri mwaka kugirango Abanya Kigali n’abagenda Umurwa Mukuru w’u Rwanda babone amacumbi.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa avuga ko aya ari amahirwe y’ishoramari umujyi uhamagararira ababifitiye ubushobozi kubyaza umusaruro.

Hagati aho ariko hari bamwe mu batangiye gushora imari muri urwo rwego barimo n’abaturuka ku Mugabane w’u Burayi.

Ku munsi wa 2 ari nawo wa nyuma w’ihuriro ry’ubucuruzi hagati y’u Rwanda n’Ubumwe bw’u Burayi, EU-Rwanda Business Forum, Umujyi wa Kigali wagaragaje amahirwe y’ishoramari ari mu myubakire n’imitunganyirize y’umujyi harimo n’aboneka mu rwego rwo gutwara abantu n’ibintu.

Aha Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali akaba yashimangiye ko hakenewe abafatanyabikorwa bafasha umujyi gukemura ikibazo cyo gutwara abantu mu buryo bwa rusange, ibizwi nka public transport.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko bwifuza kugabanya igihe umugenzi amara muri gare no ku cyapa ategereje bisi kikava ku minota 45 kikagera byibura hagati y’iminota 18 na 20.

 

 

 

You Might Also Like

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

igire June 27, 2023 June 27, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?