Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Kongo ibanze ishyikirane na M23-Icyasibije ibiganiro by’i Luanda
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Kongo ibanze ishyikirane na M23-Icyasibije ibiganiro by’i Luanda

igire
igire Yanditswe December 16, 2024
Share
SHARE

Leta y’u Rwanda yavuze ko ibiganiro byagombaga guhuza ba Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo ndetse na João Lourenço wa Angola ku mutekano wa Kongo, byasibijwe n’ikibazo Kongo itaravana mu nzira.

Uyu munsi, Kagame na Tshisekedi bari bategerejwe i Luanda kugira ngo baganire ku myanzuro yafashwe n’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi ejo hashize, ariko ibiganiro byasubitswe ku munota wa nyuma.

Itangazo Leta y’u Rwanda yatanze mu kanya gashize, ryavuze ko isubikwa ry’iyi nama ryaturutse ku bibazo bikomeye bitacyemutse.

Riragira riti” mu biganiro byahuje abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi kuwa 14 Ukuboza 2024 nta mwanzuro wumvikanyweho n’ibihugu byombi wafashwe ku biganiro by’imbonankubone bikenewe hagati ya Kongo n’umutwe w’inyeshyamba wa M23 kugira ngo haboneke igisubizo cya politiki ku ntambara yo mu Burasirazuba bwa Kongo.”

Ikindi kiyongera kuri ibi, u Rwanda rwavuze ko, ubutegetsi bwa Kongo, cyane cyane Tshisekedi butigeze buhinduka ku kijyanye n’imvugo baherutse kubwira amahanga ko bashaka gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda buriho.

Kuri ibyo kandi, hiyongeraho kuba Kongo igikoresha imitwe y’iterabwoba n’indi ikora ibyaha byo kwica inzirakarengane, nka FDLR, Wazalendo, ndetse n’ingabo z’u Burundi, n’abacanshuro b’i Burayi, bose bakarwanira hamwe n’igisirikare cya Kongo, bagakora ibyaha byibasira abaturage, harimo n’abanyarwanda.

Iri tangazo ryagize riti “Isubikwa ry’ibi biganiro bya none riraha umwanya Kongo kugira ngo bashobore gutegura ibiganiro bazagirana na M23 nk’uko byasabwe n’umuhuza João Lourenço bikazahagarikirwa na Uhuru Kenyatta nk’umuhuza.”

U Rwanda ruvuga ko hari ibyo Kongo ishobora, ndetse igomba gukora ubwayo aho kugira ngo ikomeze kugira u Rwanda urwitwazo rwo kuba ntacyo ikora ku bibazo biyireba.

Icyakora u Rwanda ruravuga ko rwiteguye kwitabira inama iyo ari yo yose yashyiraho inzira ifatika yo gukemura ibi bibazo bitaravanwa mu nzira ku buryo bwa burundu.

You Might Also Like

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

Madamu Jeannette Kagame asanga ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera ari ingenzi

igire December 16, 2024 December 16, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?