Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: M23 yatanze impuruza ku Ngabo z’Uburundi zikomeje kurasa ibisasu mu Baturage
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

M23 yatanze impuruza ku Ngabo z’Uburundi zikomeje kurasa ibisasu mu Baturage

igire
igire Yanditswe December 5, 2023
Share
SHARE

Umuvugizi w’Umutwe w’Inyeshyamba wa M23 mu bya politike Lawrence Kanyuka, akoresheje

urukuta rwe rwa X yashyize hanze inyandiko  ziburira imiryango

 itandukanye ko ingaruka ziri bube ku rugamba bahanganyemo na

FARDC n’abambari babo ko ziri bubarwe ku Ngabo za EACRF zo mu gihugu cy’u Burundi.

 Kanyuka yavuze ibi nyuma y’uko bashinja  Ingabo z’u Burundi zo muri EACRF, kwifatanya na FARDC na  Wazalendo kandi bizwi ko zaje mu butumwa bwo kugarura  amahoro n’umutekano  mu Burasirazu  bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, atangaza ko bibabaje.

Ibi bikaba byatumye Umuvugizi wa M23 mu bya politike Lawrence Kanyuka amenyesha abagize Akarere baherereyemo, ubumwe bw’Abanye Congo muri rusange, umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba(EAC) n’Imiryango, mpuzamahanga ko ingaruka ziribuze kuba k’urugamba zigomba kubarwa ku basirikare ba EACRF bakomoka mu gihugu cy’u Burundi.

Uyu muvugizi yakomeje avuga ko bafite ibihamya ko Ingabo z’u Burundi ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro n’umutekano bw’umuryango w’Afrika y’iburasirazuba (EAC), zamaze kwifatanya n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kurwanya Abaturage n’Inyeshyamba  za M23.

Yongeyeho ko Ingabo z’u Burundi zagaragaye ziri kurasa ibirindiro bya M23 n’ahatuwe n’abaturage. Babikora kubufatatanye n’Ingabo za FARDC n’abambari babo FDLR, WAGNER na WAZALENDO.

Lawrence Kanyuka yasoje avuga ko M23 izakomeza kwirwanaho no kurinda abaturage n’ibyabo.

 

 

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire December 5, 2023 December 5, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

U Rwanda rurakira Inama Nyafurika yiga ku Ikoranabuhanga mu Buhinzi
ubuhinzi

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?