Ingabire Marie Immaculée wari Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga Urwanya Ruswa n’Akarengane mu Rwanda, (TI-Rwanda), yitabye Imana kuri uyu wa Kane nyuma y’igihe kinini yari amaze arwaye.
Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 09 Ukwakira 2025, atangajwe n’Umuryango TI Rwanda, wavuze ko ubabajwe no gutangaza urupfu rwa Ingabire Marie Immaculée, wihanganisha byimazeyo inshuti n’umuryango ndetse umwifuriza iruhuko ridashira.
Ingabire ni impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu by’umwihariko akaba yaragaragaje umwihariko mu kurengera uburenganzira bw’abagore.
Ni umwe mu bantu 20 bashinze Transparency International Rwanda mu mwaka wa 2004, ariko yatorewe kuwuyobora mu mwaka wa 2015.
Sign Up For Daily Newsletter
Be keep up! Get the latest breaking news delivered straight to your inbox.
[mc4wp_form]
By signing up, you agree to our Terms of Use and acknowledge the data practices in our Privacy Policy. You may unsubscribe at any time.