Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Madamu Jeannette Kagame yagiriye uruzinduko i Burundi
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Madamu Jeannette Kagame yagiriye uruzinduko i Burundi

igire
igire Yanditswe October 9, 2023
Share
SHARE

Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame yageze i Bujumbura mu Burundi kuri uyu wa Mbere tariki 09 Ukwakira 2023. Madamu Jeannette Kagame yitabiriye inama ya kane y’ihuriro ry’abagore b’abayobozi.

Biteganyijwe ko iyi nama yiga ku kuboneza urubyaro hagamijwe guteza imbere imirire myiza no kugabanya ubwiyongere bw’abaturage.

Iyi nama yitabiriwe kandi na Madamu wa Perezida wa Kenya, Racheal Ruto, na Madamu wa Perezida wa Zanzibar Madamu Maryam Mwinyi. Madamu Angeline Ndayishimiye yabashimiye kwitabira ubutumire bwe ndetse abashimira ubwitange bwabo mu guharanira iterambere ry’umugore.

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye iyi nama nyuma y’igihe gito mugenzi we w’u Burundi, Angeline Ndayishimiye, avuye mu Rwanda aho yari yitabiriye inama Mpuzamahanga yiga ku ruhare rw’abagore mu Iterambere (Women Deliver).

Madamu Angeline Ndayishimiye ubwo aheruka mu Rwanda yagiranye ibiganiro na Madamu Jeannette Kagame bigamije gukomeza guteza imbere abagore.

Madamu Jeannette Kagame na Madamu wa Perezida w’u Burundi Angeline Ndayishimiye, bombi bahuriye ku bikorwa byo guteza imbere abagore, abakobwa n’urubyiruko aho bashinze imiryango yita kuri ibyo bikorwa, Imbuto Foundation yashinzwe na Madamu Jeannette Kagame na Bonne Action Umugiraneza Foundation, ya Madamu Angeline Ndayishimiye.

You Might Also Like

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

igire October 10, 2023 October 9, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?