Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Madamu Jeannette Kagame yitabiriye inteko rusange ya Segal Family Foundation
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye inteko rusange ya Segal Family Foundation

igire
igire Yanditswe July 13, 2023
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kane, Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame yitabiriye inteko rusange y’umuryango Segal Family Foundation irimo kubera i Kigali.

Iyi nama yitabiriwe n’abantu baturutse mu bihugu 37 byo hirya no hino ku Isi.

Segal Family Foundation ni umuryango ukora ibikorwa bigamije kuzamura imibereho y’abaturage.

Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ibikorwa by’umuryango Segal Family Foundation byatumye benshi bagera ku nzozi zabo bashobora gukora ibikorwa bifatika.

 

Yavuze ko Umuryango Imbuto Foundation na Segal Family Foundation igira imikoranire myiza, aho cyo iyi miryango yombi ishyize imbere ari ukuzana impinduka nziza mu baturage.

 

Avuga ko ibyari ibitekerezo, byavuyemo ibikorwa byiza bigera ku bantu bo mu byiciro binyuranye.

Madamu wa Perezida wa Repubulika yasabye abitabiriye iyi nama gukomeza kuba umusemburo w’impinduka nziza no kugira uruhare mu gukemura bimwe mu bibazo bigaragara muri iki gihe, birimo ibibazo bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe, ibibazo biterwa n’imihindagurikire y’ikirere ndetse n’icyuho kiri mu bijyanye n’uburinganire n’ubwuzuzanye.

Segal Family Foundation ni umuryango washinzwe n’Umunyamerika Barry Segal wari umaze imyaka 40 ari umuyobozi mukuru w’uruganda rukora ibikoresho by’ubwubatsi, Bradco Supply, aho yashakaga gukora ikintu gishya cyagirira abatuye isi akamaro.

Ubwo Barry Segal yageraga bwa mbere ku Mugabane wa Afurika mu mwaka wa 2007, mu bihugu yasuye icyo gihe harimo n’u Rwanda.

Mu mwaka wa 2022 uyu muryango waje ku mwanya wa 2 mu gutanga inkunga nyinshi muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

You Might Also Like

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

igire July 13, 2023 July 13, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?