Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Minisitiri Kabarebe yakiriye Ambasaderi wa Zimbabwe na Algeria mu Rwanda
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Minisitiri Kabarebe yakiriye Ambasaderi wa Zimbabwe na Algeria mu Rwanda

igire
igire Yanditswe January 29, 2024
Share
SHARE

Mu gitondo cyo kuwa Mbere taliki 29 Mutarama 2024, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga,yakiriye Mohamed Mellah, Ambasaderi wa Algeria mu Rwanda.

Ibiganiro byabo byibanze ku bufatanye no kurushaho kunoza umubano w’ibihugu byombi.

Ni nyuma y’imishinga ibihugu byombi byatangiye gufatanyamo, kandi ko hari n’indi iteganyijwe mu gihe cya vuba irimo amasezerano arebana n’ubucuruzi ndetse n’arebana n’imigenderanire hagati y’abaturage ku bihugu byombi.

Minisitiri Kabarebe kandi yanakiriye Charity Manyeruke Ambasaderi wa Repubulika ya Zimbabwe mu Rwanda baganira ku gushimangira ubufatanye bw’ibihugu byombi.

Ni nyuma y’uko n’ubundi Tariki 15 Gicurasi 2023, i Harare muri Zimbabwe hateraniye inama ya kabiri ya Komisiyo ihuriweho igamije kwagura ubutwererane hagati y’u Rwanda na Zimbabwe (JPCC).

Iyi nama nayo yari yibanze ku kunoza ubutwererane mu nzego zitandukanye zirimo nk’ubuzima, ubumenyi n’ikoranabuhanga mu iterambere, iterambere mu bya siyansi n’ikoranabunga, iterambere ry’ibikorwa by’abagore n’abana ndetse n’imiturire.

U Rwanda rukataje mu mibanire myiza n’ibindi bihugu mu rwego rwo gushimangira iterambere rirambye ku ntego rwihaye y’icyerekezo cya 2050

 

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire January 29, 2024 January 29, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?