Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yagiriye uruzinduko i Burundi
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yagiriye uruzinduko i Burundi

igire
igire Yanditswe May 31, 2023
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, ku wa Kabiri tariki ya 30 Gicurasi 2023 yageze i Bujumbura mu Burundi, aho yitabiriye Inama ya 21 idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).

Inama yaherukaga kuba tariki ya 4 Gashyantare 2023 yiga ku mutekano muke urangwa mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ifatirwamo imyanzuro ivuga ko ibihugu byemeye kohereza ingabo bibishyira mu bikorwa vuba, kandi impande zihanganye muri Congo zigahagarika imirwano, n’imitwe irwanira muri kiriya gihugu igashyira intwaro hasi.

Abakuru b’ibihugu bya EAC bafashe umwanzuro ko umutekano urangwa mu Burasirazuba bwa Congo uzagarurwa biciye mu nzira y’ibiganiro, yaba iya Nairobi n’iya Luanda muri Angola, ko utazabyubahiriza, umuhuza mu biganiro, Uhuru Kenyatta azahita atanga raporo ifatweho icyemezo n’Abakuru b’Ibihugu bitabiriye iyi nama.

Bananzuye ko gahunda yo kohereza Ingabo mu Burasirazuba bwa Congo igomba gukurikirwa n’ibiganiro kandi mu gihe hari ibyemejwe bitubahirijwe, Umuyobozi wa EAC, Perezida w’u Burundi, akabimenyeshwa kugira ngo abifateho umwanzuro agishije inama bagenzi be.

U Rwanda ntirwahwemye kugaragaraza ko ntaho ruhuriye n’ibibazo birangwa mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, iki kibazo u Rwanda rugasanga kitakemurwa no kwitana ba mwana kuko icyabuze ari ubushake bwa Politiki bwo kurandura umuzi w’ikibazo nyiri izina.

U Rwanda rwemera ko hubahirizwa ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yafatiwe i Luanda n’i Nairobi, ijyanye no kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo.

Nyuma y’iyi nama yari yahuje Abakuru b’Ibihugu bigize EAC, tariki ya 7 Gashyantare 2023 Congo yatangaje ko itazagirana ibiganiro na M23. Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Patrick Muyaya, yabwiye abanyamakuru ko ibyo Abakuru b’Ibihugu bemeje, Leta ye itazabyubahiriza, yerura ko idateze kuganira na M23.

You Might Also Like

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

igire May 31, 2023 May 31, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?