Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Minisitiri w’Intebe yashimye uruhare rw’Ikigo cy’Abashinwa gikora imihanda mu iterambere ry’u Rwanda
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Minisitiri w’Intebe yashimye uruhare rw’Ikigo cy’Abashinwa gikora imihanda mu iterambere ry’u Rwanda

igire
igire Yanditswe September 22, 2024
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yashimye uruhare rwa Sosiyete y’Abashinwa ikora imihanda n’ibiraro, China Road and Bridge Corporation, mu iterambere ry’u Rwanda binyuze mu kubaka imihanda ifasha abaturage mu migenderanire n’ubuhahirane.

Hari ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 21 Nzeri 2024, ubwo iki kigo cya CRBC cyizihizaga isabukuru y’imyaka 50 ishize gikorera ibikorwa byacyo hirya no hino ku Isi by’umwihariko mu Rwanda.

Muri ibi birori Minisitiri w’Intebe wari ahagarariye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashimiye iki kigo cya CRBC kubw’imyaka 50 ishize gikora ibikorwa bitandukanye.

Yavuze ko iyi myaka 50 ari iyo kwishimira hagendewe ku bikorwa by’iyi sosiyete bifasha abaturage kwiteza imbere.

Ati “Iyi sabukuru ntabwo ari iyo kugaragaza igihe kirekire CRBC imaze ahubwo ni no kugaragaza umumaro ifite mu iterambere ry’u Rwanda by’umwihariko mu guhuza abaturage binyuze mu kububakira imihanda no guteza imbere ubukungu.”

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yashimye CRBC imaze kubaka imihanda ireshya n’ibilometero bisaga 1500 hirya no hino mu gihugu harimo aho iyo mihanda yarangiye n’indi mishinga iri gukorwa.

Ati “Iyo mihanda yagize uruhare mu kuvugurura uburyo bw’ingendo, kongera uburyo bwo kugera ku masoko, ihanga ibihumbi by’imirimo kandi bizamura imibereho myiza y’abaturage bacu.”

Yakomeje agira ati “Ubufatanye bwacu kandi bworoheje uburyo bwo guhanahana ubumenyi n’ikoranabuhanga, butanga ubunararibonye ku baturage bacu mu gukora imihanda n’ibiraro binyuze mu gukora mu mishinga itandukanye.”

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko iyubakwa ry’ibikorwaremezo by’imihanda byafashije u Rwanda kureshya ishoramari ry’abanyamahanga no kuba u Rwanda rwaba aho abakora ubucuruzi bahitamo gukorera.

 

You Might Also Like

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

Amb. Bizimana yashyikirije Perezida wa Senegal impampuro zo guhagararira u Rwanda

Ibyo wamenya kuri Papa Leon XIV, Umusimbura mushya wa Petero intumwa

Perezida Kagame uri i Paris yakiriwe na Macron w’u Bufaransa

Umunsi wageze, gutora Papa mushya bigiye gutangira

igire September 22, 2024 September 22, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?