Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Mozambique: Inkubi y’umuyaga yiswe ‘Chido’ yahitanye abantu 94
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Mozambique: Inkubi y’umuyaga yiswe ‘Chido’ yahitanye abantu 94

igire
igire Yanditswe December 24, 2024
Share
SHARE

Muri Mozambique, inkubi y’umuyaga yiswe Chido yishe abantu bagera kuri 94, nk’uko byatangajwe n’ikigo gishinzwe gukumira no kurwanya ibiza muri icyo gihugu.

Iyo nkubi y’umuyaga mwinshi wari ufite umuvuduko wa kilometero 260 mu isaha, wivanze n’imvura nyinshi igera kuri Milimetero 250 mu masaha 24, biteza ibibazo byinshi, harimo gusenyuka kw’ibikorwa remezo bitandukanye.

Nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bwa Mozambique, Intara yibasiwe cyane ni Cabo Delgado, isenya inzu zisaga 110.000, igira ingaruka ku basaga 500.000, harimo n’abana cyane cyane mu gace kitwa Mecufi.

UNICEF yatangaje ko abana benshi batuye muri ako gace bari mu buzima bubabaje, nyuma y’uko inzu nyinshi zo kubamo zasenyutse, imiryango myinshi ikaba idafite aho iba.

Ikinyamakuru Le Figaro cyatangaje ko abakomerekeye muri iyo nkubi y’umuyaga bo bagera kuri 670, nk’uko bikubiye mu mibare yatangajwe ku Cyumweru tariki 22 Ukuboza 2024.

Daniel Chapo, Perezida mushya uherutse gutsinda amatora muri Mozambique, nubwo intsinzi ye yakurikiwe n’imvururu zaguyemo abasaga 130, yagiye gusura uduce twibasiwe cyane n’iyo nkubi y’umuyaga, maze asaba abatuye mu turere tutagezemo ibyo biza, gukusanya ibiribwa n’imyambaro byo gufasha bagenzi babo bari mu kaga, kandi bigakorwa ku buryo bwihuse kuko abarokotse iyo nkubi bari mu buzima bubi.

Iyo nkubi ya Chido yishe abantu muri Mozambique, yanyuze no mu Birwa bya Mayotte bigenzurwa n’u Bufaransa yica abantu 35 ikomeretsa abasaga 2500, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’umutekano imbere mu gihugu mu Bufaransa, nubwo Perezida Emmanuel Macron we yavuze ko iyo mibare ishobora kuba ari micyeya.

Iyo nkubi kandi yanyuze no mu Birwa bya Comores, hatangazwa icyunamo ku rwego rw’igihugu nubwo nta mubare w’ababapfuye watangajwe. Hari kandi mu gihugu cya Malawi aho inkubi y’umuyaga ya Chido yishe abantu 13.

You Might Also Like

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

Madamu Jeannette Kagame asanga ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera ari ingenzi

Perezida Kagame yageze muri Kazakhstan

igire December 24, 2024 December 24, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?