Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Mu gihe abimukira baramuka bataje mu Rwanda, u Bwongereza bwasubizwa amafaranga yabwo
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Mu gihe abimukira baramuka bataje mu Rwanda, u Bwongereza bwasubizwa amafaranga yabwo

igire
igire Yanditswe January 18, 2024
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame wari uri mu Nama Mpuzamahanga yiga ku bukungu bw’Isi (World Economic Forum) i Davos mu Busuwisi, BBC yamubajije ku kibazo kijyanye n’abimukira u Bwongereza bwagombaga kohereza mu Rwanda, n’icyo u Rwanda ruteganya gukora mu gihe abo bimukira baramuka bataje.

Perezida Paul Kagame

                                            Perezida Paul Kagame

Perezida Kagame yavuze ko kuba abo bimukira bataratangira koherezwa mu Rwanda, ari ikibazo cy’u Bwongereza, kitari ikibazo cy’u Rwanda.

Perezida Kagame yongeyeho ko n’amafaranga u Bwongereza bwari bwahaye u Rwanda yo gukoreshwa muri iyo gahunda yo kwakira abimukira, aturuka mu misoro y’abaturage b’u Bwongereza, yasubizwa mu gihe iyo gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda yaramuka yanze burundu.

Yagize ati “Baramutse bataje, dushobora gusubiza amafaranga”.

Ikinyamakuru The Independent cyandikirwa mu Bwongereza, cyavuze ko Miliyoni 240 z’Amapawundi (£240 million) ari zo u Bwongereza bwamaze gushyikiriza u Rwanda, mu gihe andi Miliyoni 50 z’Amapawundi yari kuzatangwa umwaka utaha.

Mu masezerano, Leta y’u Bwongereza yasinyanye n’u Rwanda, byari biteganyijwe ko u Bwongereza buzohereza mu Rwanda abimukira basaba ubuhungiro, kugira ngo amadosiye yabo yigirweyo. Tariki 5 Ukuboza 2023, nibwo u Rwanda n’u Bwongereza byasinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye mu bijyanye n’abimukira ndetse no mu bijyanye n’iterambere.

Ni amasezerano yasinywe ku ruhande rw’u Rwanda na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, naho ku ruhande rw’u Bwongereza asinywa na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu w’u Bwongereza James Cleverly, wari uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda. Ayo masezerano mashya yasinywe nyuma y’uko hari aya mbere yari yarasinywe mu 2022, ariko aza gukurikirwa n’impaka ndende zaje no kugezwa mu nkiko z’u Bwongereza maze zanzura ko ‘abimukira badakwiye koherezwa mu Rwanda kuko rudatekanye’.

Nyuma yo gusinya ayo masezerano mashya, Minisitiri James Cleverly w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu Bwongereza, yavuze ko “u Rwanda rwerekanye ko ari Igihugu gikomeye kandi rukaba n’umufatanyabikorwa mwiza w’u Bwongereza”.

Asubiza umunyamakuru wa BBC tariki 17 Mutarama 2024, Perezida Kagame yavuze ko muri iyo gahunda yo kohereza abimukira basaba ubuhungiro mu Rwanda, u Rwanda rwamaze gukora ibyo rusabwa mu rwego rwo kwitegura, ibisigaye bikaba bireba uruhande rw’u Bwongereza.

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire January 22, 2024 January 18, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?