Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Mu Rwanda hateraniye inama mpuzamahanga ku itumanaho
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Mu Rwanda hateraniye inama mpuzamahanga ku itumanaho

igire
igire Yanditswe October 17, 2023
Share
SHARE

Ku nshuro ya kabiri, mu Rwanda harimo kubera inama mpuzamahanga ku itumanaho rigendanwa (Mobile World Congress).

Ni inama y’iminsi itatu yatangijwe kuri uyu wa kabiri tariki 17 Ukwakira 2023 irimo kubera i Kigali ihuriwemo n’abantu batandukanye bafite ubunararibonye mu bijyanye n’itumanaho rigendanwa, baturutse hirya no hino ku migabane igize Isi.

Muri iyi nama biteganyijwe ko itangizwa ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame, harareberwa hamwe inzitizi zitandukanye zituma abantu batagerwaho na terefone ndetse n’uburyo bakoroherezwa kugerwaho nazo.

Ubwo iyi nama iheruka kubera mu Rwanda mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize, ari nabwo bwari ubwa mbere ibereye ku mugabane wa Afurika, hari hagaragajwe ko Afurika ikiri inyuma mu bijyanye n’abantu batunze telefone, by’umwihariko izo mu bwoko bwa smartphones, kuko muri miliyari 1.4 zirenga z’abatuye uyu mugabane, 40% ari bo bonyine bari batunze telefoni zo muri ubwo bwoko, ariko hakaba abandi bagera kuri 44% bari batuye ahantu hari ibikorwa remezo, ariko batagerwaho na serivisi za murandasi.

Kimwe mu byo inama nk’iyi y’umwaka ushize yagombaga kwibandaho ni ukureba uko murandasi yarushaho kwegerezwa abantu, by’umwihariko ku Rwanda hakarebwa uko hashyirwa iyo mu bwoko bwa 5G, no kureba uko hakongerwa serivisi zisumbuyeho zikoreshwa hifashishijwe telefone.

Atangiza iy’umwaka ushize ku mugaragaro Perezida Paul Kagame yavuze ko hakenewe ishoramari mu bumenyi bujyanye n’ikoranabuhanga rigezweho (Digital), no kuryigisha abaturage, bikaba bikwiye ko byinjizwa muri politiki z’ibihugu.

Yagize ati “Ibikorwaremezo by’ikoranabuhanga ni ingenzi cyane, ariko byonyine ntabwo bihagije kugira ngo habeho kwihutisha no kubyaza umusaruro ihuzanzira rya murandasi. Hakenewe ishoramari mu bumenyi bujyanye n’ikoranabuhanga rigezweho, no kuryigisha abaturage, bikaba bikwiye kwinjizwa muri za politiki zacu”.

Yakomeje agira ati “Afurika ifite urubyiruko rufite ubushobozi bwo guhanga ibishya no guhatana n’abandi, bakaba bareba aho batanga umusanzu wabo, ngo bafashe gukemura ibibazo. Ntabwo dukwiye kubabuza amahirwe baba bashakisha haba hanze ya Afurika, aho kugira ngo dutume bahora bicaye bari aho ntacyo bakora”.

You Might Also Like

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

igire October 17, 2023 October 17, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?