Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Musanze: Abamugariye ku rugamba batakambye kubera inzu bamaze imyaka icyenda bambuwe
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Musanze: Abamugariye ku rugamba batakambye kubera inzu bamaze imyaka icyenda bambuwe

igire
igire Yanditswe March 6, 2024
Share
SHARE

Abamugariye ku rugamba bo mu Karere ka Musanze bibumbiye muri Koperative Komeza Ubutwari barataka ubukene n’igihombo batewe no kwamburwa inzu ebyiri zo gukoreramo bari barubakiwe.

Abaganiriye na RBA bavuze ko inzu zahawe abikorera mu buryo bo bita ubw’uburiganya ndetse kuri ubu hashize imyaka icyenda batazi irengero ry’amafaranga avamo.

Inzu abamugariye ku rugamba rwo Kubohora Igihugu bavuga ko bambuwe mu buryo bw’uburiganya ziherereye mu Mudugudu wa Susa mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze.

Bavuga ko izo nzu bubakiwe na Komisiyo yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare bakiyifite yabafashaga kubeshaho imiryango yabo.

Mu myaka icyenda ishize abamugariye ku rugamba bambuwe izo nzu zihabwa abikorera. Into yeguriwe rwiyemezamirimo uhafite Ivuriro rito ‘Poste de Santé’ rya SUSA, indi nini babwirwa ko izajya ibinjiriza 300.000 Frw ku kwezi ihabwa Musanze Garment yahakoreraga imirimo y’ubudozi ariko iza guhomba mu gihe kirenga umwaka ushize irafunga.

Bavuga ko kuva bamburwa izo nzu byabagizeho ingaruka kuko babwiwe ko zahawe Akarere ka Musanze bakaba basaba ko bazisubizwa.

Komiseri muri Komisiyo yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu Ngabo, Col (Rtd) Nyamurangwa Fred, yavuze ko bafashe icyemezo cyo kuziha akarere kugira ngo zikoreshwe mu nyungu z’abaturage bose  kuko zitari zifashwe neza.

Yakomeje ashimangira ko amafaranga y’ubukode y’abayikodeshaga bagiye batishyuye yo azahabwa abari barayahawe hagendewe ku masezerano.

Ikigaragazwa n’abagenerwabikorwa bamugariye ku rugamba nk’urujijo ku mikoreshereze y’izi nzu ni ukudahuza mu mvugo hagati y’akarere na rwiyemezamirimo Oswald Urayeneza ukorera muri imwe muri izo nzu kuko we avuga ko iyo akoreramo yayihawe n’akarere.

Ku rundi ruhande, Umukozi ushinzwe gucunga Inyubako za Leta mu Karere ka Musanze, Selemani Assia na Jean Damascène Iyamuremye ushinzwe Imikorere y’Amakoperative by’agateganyo mu Karere ka Musanze bavuga ko iyo nyubako atari iy’akarere.

Izi ngingo zishingirwaho n’abamugariye ku rugamba bavuga ko bakorewe uburiganya kuko amafaranga yishyurwaga kuri izo nzu ataragararizwa irengero ndetse bagasaba ko barenganurwa.

 

You Might Also Like

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze

Ingengo y’imari ya 2025/2026 iziyongeraho miliyari 1 216,1Frw igere kuri miliyari 7 032,5 Frw

Umusaruro w’inganda wazamutseho 5% muri Werurwe 2025

U Rwanda mu nzira yo gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peretoli litiro miliyoni 334

U Rwanda na PSG byongereye amasezerano y’imikoranire kugeza mu 2028

igire March 6, 2024 March 6, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?