Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Musanze: Abana batatu barohamye mu kiyaga umwe arapfa
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Mu Rwanda

Musanze: Abana batatu barohamye mu kiyaga umwe arapfa

igire
igire Yanditswe September 11, 2023
Share
SHARE

Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 10 Nzeri 2023, mu Murenge wa Gacaca Akarere ka Musanze, haravugwa urupfu rw’umwana w’imyaka 17 warohamye mu kiyaga cya Ruhondo’ ubwo yari kumwe n’abagenzi be babiri bo batabawe ari bazima.

Ikiyaga cya Ruhondo
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gacaca, Nsengimana Aimable, yabwiye Kigali Today ko abo bana barohamye ubwo bari bagiye kwahira ubwatsi bw’amatungo ku nkombe z’ikiyaga, bahasanze ubwato bajya kugashya burabaroha.

Ati “Ni abana bari bagiye kwahira ubwatsi bw’amatungo, bageze ku kiyaga bahasanga ubwato bajyamo, batangira kugashya bageze hagati ubwo bwari bumaze kwinjiramo amazi burarohama. Babiri barohowe ari bazima umwe bamuvanamo yamaze kwitaba Imana”.

Uwo muyobozi yagize ubutumwa ageza ku baturage, ati “Ikiyaga tugomba kucyirinda, ni byiza kuba tugifite ni umutungo kamere ariko nanone tugomba kucyirinda, abantu bagakora ibyo bagomba gukora ku nkengero zacyo ariko kwinjira mu kiyaga bifite ababishinzwe”.

Arongera ati “Ntabwo bucya mu gitondo ngo buri wese yumve ko agomba kujya koga, kuroba cyangwa kugashya, bifite ababishinzwe, abantu bumve ko kuba dufite kiriya kiyaga ari byiza, ariko gishobora kuduteza ibibazo mu gihe turangaye, yaba abakuru n’abatoya ni ngombwa ko twirinda kuvogera ibiyaga”.

Abo bana barohamye nyuma y’uko uwitwa Nibishaka Etienne wo mu Murenge wa Kinoni mu Karere ka Burera, na we yitabye Imana ku itariki 09 Nzeri 2023, arohamye muri icyo kiyaga cya Ruhondo.

Ni nyuma y’uko yasabye bagenzi be babiri bari kumwe ko bajya koga, ubwo bari bageze ku cyambu cya Ruta, abo bagenzi be batinya kujya mu mazi kubera ko batazi koga.

Nibishaka yahise yinjira mu kiyaga atangira koga, mu minota mike amanika ukuboko atabaza amazi ahita amutwara, abari aho bagerageje kumutabara baramubura na n’ubu aracyashakishwa.

You Might Also Like

Abajyanama b’Ubuzima bagiye kongererwa ubushobozi

ITANGAZO RYA NYIRABAHUTU Domitrie USABA GUHINDUZA AMAZINA

Ibyaranze ishyingurwa rya Papa Francis

Ibyo wamenya kuri Bazilika ‘Santa Maria Maggiore’ ishyingurwamo Papa Fransikiko

Iyo uburezi bukora akazi kabwo neza, Jenoside ntiyari kuba – Minisitiri Nsengimana

igire September 11, 2023 September 11, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

UEFA Champions League:PSG isezereye Arsenal isanga Inter ku mukino wa nyuma
SIPORO

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?