Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Musanze: Bizihije umunsi wahariwe umuhinzi
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Musanze: Bizihije umunsi wahariwe umuhinzi

igire
igire Yanditswe July 11, 2023
Share
SHARE

 

Abahinzi bo mu Karere ka Musanze barashima iterambere uyu mwuga umaze kubagezaho, bakavuga ko kubera imbaraga leta yashyize mu kuvugurura ubuhinzi, byatumye bava mu kubukora bya gakondo babuhindura ishoramari.

NYIRAGUHIRWA Vestine akorera ubuhinzi bw’inyanya n’ibigori mu murenge wa Kimonyi, agaragaza ko kuvugurura ubuhinzi kinyamwuga byamufashije kwiteza imbere. Ubu buri cyumweru agurisha inyanya z’ibihumbi 170, nabwo ngo n’uko ibiza byamukomye mu nkoko yakabaye agurisha amafaranga arenze ayo.

Ubu buhamya abusangiye na bagenzi be bakora ubuhinzi bw’ibigori mu mirenge ya Kimonyi na Muko bibumbiye muri koperative ABAJYANANIGIHE bashimangira ko ubu bakora ishoramari rishingiye ku buhinzi cyane ko biyubakiye uruganda rwongerera agaciro ibigori.

 

 

Aba bahinzi basanga imvugo igira iti: ‘’ansubije ku isuka” bishatse kuvuga ko umuntu agusubije hasi igomba gucika kuko isuka yubashywe bashingiye ku iterambere imaze kubagezaho.

Ku munsi wahariwe kuzirikana imbaraga z’Umuhinzi wo muri Musanze mu gufasha igihugu kwihaza mu biribwa, hishimiwe aho benshi mu bakora uyu mwuga bageze biyubaka.

Uyu munsi wateguwe n’Umuryango Nyarwanda uharanira Iterambere RDO.

KAMANA Eterne uhagarariye uyu muryango mu Ntara y’Amajyaruguru avuga ko abahinzi bafite uruhare runini mu iterambere ry’igihugu bityo akaba ari ngombwa kuzirikana uruhare rwabo.

Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuhinzi mu Karere ka Musanze NGENDAHAYO Jean ashimangira ko kuba umusaruro w’ubuhinzi wiyongera ari uko abaturage bamaze gusobanukirwa akamaro ko gukoresha inyongeramusaruro.

Ariko hari n’umushinga wo gukora imirimashuri myinshi.

Umunsi w’Umuhinzi muri Musanze wahujwe n’ubukangurambanga bwo gushishikariza urubyiruko n’abagore kwitabira uyu mwuga.

You Might Also Like

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

igire July 11, 2023 July 11, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?