Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Musanze: Ubucukuzi bwa zahabu butemewe burakorwa ku manywa y’ihangu
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Musanze: Ubucukuzi bwa zahabu butemewe burakorwa ku manywa y’ihangu

igire
igire Yanditswe August 1, 2024
Share
SHARE

Abaturage bafite imirima mu kibaya gihuriweho n’Imirenge ya Muhoza na Gacaca mu Karere ka Musanze baratabaza ubuyobozi ku bw’ubucukuzi butemewe bwa zahabu buhakorerwa bukomeje gufata indi ntera. Ni nyuma y’aho hari abantu babarirwa mu bihumbi biraye mu mirima yabo batabyemeranyijweho bakayicukura, bibateza igihombo.

Ku manywa y’ihangu ntacyo bikanga abo bantu bigabije imirima y’abaturage n’ishyamba rya Leta usanga barimo bayicukura bashakisha zahabu.

Bamwe muri ba nyiri iyo mirima babwiye RBA ko ubu bari mu gihombo kuko ntacyo bazasarura.

Bamwe mu bo twashoboye kuvugana na bo bacukura iyo zahabu mu buryo butemewe bavuga ko aho hantu hahoze hacukurwa no mu myaka ishize kandi ko bafite isoko rishyushye bakora bagatahana amafaranga.

Nubwo mu myaka mike ishize hagiye hashyirwaho ingamba zo gukumira abaturage kwishora muri ubwo bucukuzi butemewe ndetse ibyo birombe bigafungwa ariko bugacya basubiyemo, abaturiye ahakorerwa ibyo bikorwa bavuga ko bijyana n’urugomo rukorerwa abahagenda ndetse n’abacukuramo. Basaba Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda, RMB, gutanga uburenganzira ku bahakorera ubucukuzi bwemewe n’amategeko.

Ku ruhande rwa RMB ivuga ko mu cyiciro cy’ibanze cy’ubushakashatsi bwakozwe muri ibyo birombe, bwerekanye ko hari uduce tune turimo amabuye ya zahabu, hakaba hasigaye ibindi byiciro bibiri bya nyuma bijyanye n’ubwo bushakashatsi.

Umuyobozi w’Ishami ry’Ubushakashatsi bw’amabuye y’agaciro mu Kigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda (RMB), Jean Claude Ngaruye, yavuze ko muri uyu mwaka w’ingengo y’imari ari bwo biteganyijwe ko ubushakashatsi buzarangira ndetse hanaboneke n’abashoramari.

ubushakashatsi buzarangira ndetse hanaboneke n’abashoramari.

 

 

 

You Might Also Like

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze

Ingengo y’imari ya 2025/2026 iziyongeraho miliyari 1 216,1Frw igere kuri miliyari 7 032,5 Frw

Umusaruro w’inganda wazamutseho 5% muri Werurwe 2025

U Rwanda mu nzira yo gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peretoli litiro miliyoni 334

U Rwanda na PSG byongereye amasezerano y’imikoranire kugeza mu 2028

igire August 1, 2024 August 1, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?