Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Myugariro w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Dylan George Francis Maes yabonye ikipe nshya agiye gukinira
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Imikino

Myugariro w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Dylan George Francis Maes yabonye ikipe nshya agiye gukinira

igire
igire Yanditswe July 27, 2023
Share
SHARE

Myugariro w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 23, Dylan George Francis Maes yamaze gusinyira ikipe ya NK Tolmin yo mu cyiciro cya kabiri muri Slovenia.

Ni nyuma yo gutandukana n’ikipe yo mu cyiciro cya kabiri muri Cyprus ya Alki Oroklini atagiriyemo ibihe byiza cyane ko yayimazemo amezi 6 gusa.

Ku munsi w’ejo hashize ku wa Gatatu tariki ya 26 Nyakanga nibwo iyi kipe yerekanye uyu musore w’imyaka 22 ukina mu mutima w’ubwugarizi.

Dylan Maes ISIMBI dukesha ayamakuru yavuzeko intego ye ari ugukora cyane akaba yabengukwa n’amakipe akomeye akanahamagarwa mu ikipe y’igihugu nkuru kandi akaba abona azabigeraho.

Ati “Intego yanjye ni ugukora amakipe akomeye akaba yambenguka ndetse nkanahamagarwa mu ikipe y’igihugu nkuru.”

Yakomeje avuga ko yari afite izindi kipe yakwerekezamo ndetse zikomeye ariko abona yari kuzagorwa no kubona umwanya wo gukina ahitamo kujya mu cyiciro cya kabiri muri Slovenia.

Dylan Maes muri 2020 yavuye mu Bubiligi yerekeza muri Sintrense yo muri Portugal yakiniye umwaka umwe ahita ajya muri CF Estrela Amadora B nayo yo muri Portugal yakinnyemo imyaka 2, nibwo yahise ajya muri Cyprus mu ikipe ya Alki Oroklini baheruka gutandukana.

Uyu mukinnyi yahamagawe bwa mbere mu ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 muri 2018 ubwo yashakaga itike y’igikombe cy’Afurika ikaza gusezererwa na Zambia.

Aheruka mu Rwanda mu Kwakira 2022 ubwo yari kumwe n’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika aho yaje gukurwamo na Mali.

You Might Also Like

Perezida Kagame yanenze abikoreza u Rwanda inshingano zitubahirizwa muri RDC

Perezida KAGAME yashyizeho umuyobozi wa RDB

MINEDUC yasubukuye gahunda yo gusura abanyeshuri yasubitswe kubera Marburg

U Rwanda rwatsinze Argentine mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi warebwe na Perezida Kagame (Amafoto)

#FIBAWWC 2026: U Rwanda rwatangiye neza urugendo rugana mu Gikombe cy’Isi (Amafoto)

igire July 27, 2023 July 27, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

UEFA Champions League:PSG isezereye Arsenal isanga Inter ku mukino wa nyuma
SIPORO

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?