Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Nta mahoro twagira dushyira M23 ku ruhande – Umuyobozi w’Abasenyeri muri DRC
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Nta mahoro twagira dushyira M23 ku ruhande – Umuyobozi w’Abasenyeri muri DRC

igire
igire Yanditswe February 20, 2025
Share
SHARE

Umuyobozi w’Inama nkuru y’Abepisikopi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Mgr Donacien Nshole, aratangaza ko Igihugu cye kidashobora kugera ku mahoro arambye, igihe cyose gishyize imbere inzira y’intambara no gushyira ku ruhande umutwe wa M23.

Mgr Nshole yabitangarije televiziyo ya France 24, kuri uyu wa 19 Gashyantare 2025, ubwo yari mu Gihugu cya Kenya, asobanura uko urugendo rw’abagize Komisiyo y’iyo nama bari kuganira n’impande zitandukanye, ku cyatuma Uburasirazuba bwa Congo bugira amahoro.

Musenyeri Nshole yavuze ko ubwo baganiraga n’abayobozi b’umutwe wa 23, banyuzwe n’ibisobanuro bahawe ku mpamvu zatumye uwo mutwe wegura intwaro, kandi ko basanga kugira ngo Congo igire amahoro, ari ngombwa guhurira na Leta ku meza y’ibiganiro n’Abanyekongo bashaka impinduka barimo n’umutwe wa M23.

Agira ati, “Njyewe ni nabyo ngenda mvuga aho tuganira hose ko umutwe wa M23 ukwiye kwinjizwa mu biganiro by’amahoro nk’abandi bakongomani, ntabwo M23 ari igipupe gihishe isura y’u RWANDA mu ntambara, bafite impamvu yumvikana kandi ntabwo twagira amahoro igihe cyose tukibashyira ku ruhande”.

Ku kijyanye no kuba Perezida wa Congo avuga ko ataganira na M23 kuko ari umutwe w’iterabwoba, Musenyeri Nshole yabwiye France 24 ko iyo ari imvugo ya Politiki, kandi ko nk’abizera bemera ko byose bishobora guhinduka, ikitwaga ikibi kigahabwa agaciro.

Leta nitwumva intambara izahagarara

Musenyeri Nshole asubiza ikibazo cya mbere cy’umunyamakuru, niba asanga intambara ishobora guhagarara, yavuze ko nk’abizera Imana, Leta ya Congo iramutse yumvise ugusaba kwabo, nta kabuza intambara mu Burasirazuba bwa Congo yahagarata.

Musenyeri Nshole ahamya ko Perezida Tshisekedi yabemereye kugerageza gahunda y’Abanyamadini ngo intambara ihagarare, kandi ko n’abo bamaze kuganira yaba M23, Perezida Kagame, ba Perezida Ruto na Uhuru Kenyatta n’abandi, bose bifuza ko ibiganiro ari ingenzi ngo amahoro aboneke.

Ku kijyanye no kuba ubu Perezida Tshisekedi yahindukiranye uruhande rw’uwahoze ari Perezida wa Congo Joseph Kabika, ko ari we utera inkunga M23, iyo ikaba imvugo nshya kuko mbere havugwaga u Rwanda, Musenyeri Nshole avuga ko izo ari imvugo z’Abanyapoliriki, ariko ukuri kuba kuri hafi aho, ari nayo mpamvu bizera ko gahunda yabo yo kuganira n’ibyiciro bitandukanye izatanga igisubizo.

Mu byumweru bibiri biri imbere nibwo Inama nkuru y’Abepisikopi muri Congo, izashyira ahagaragara, imyanzuro y’ibyifuzo n’ibisibizo biri gutangwa n’abantu batandukanye ku cyatuma intambara muri Congo ihagarara.

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire February 20, 2025 February 20, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?