Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Ntawuzongera guterezwa cyamunara kubera gutishyura umusoro- Itegeko
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Ntawuzongera guterezwa cyamunara kubera gutishyura umusoro- Itegeko

igire
igire Yanditswe March 27, 2023
Share
SHARE

Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite yatoye itegeko rishya rigena uburyo bw’isoresha aho zimwe mu mpinduka zaryo hateganywa ko ibicuruzwa byajyaga bitezwa cyamunara ku mpamvu zo gutishyura imisoro, ari nyirabyo uzajya abyigurishiriza akawishyura

Zimwe mu mpinduka ziri mu itegeko rishya ziganjemo ahanini izishingiye ku igabanywa ry’ibihano byo ku rwego rw’ubutegetsi bisanzwe bihabwa Abasora batinda kumenyekanisha umusoro, abatinda gusora ibyo bamenyekanishije bikabaviramo gucibwa amande n’ibindi.

 

Perezida wa Komisiyo y’ingengo y’imari n’umutungo by’igihugu Prof Omar Munyaneza yasesenguye ingingo z’iri tegeko, asobanura ko mu byongerewe muri iri tegeko harimo n’uko nta mucuruzi uzongera guterezwa cyamunara y’ibicuruzwa byafatiriwe kubera kutishyura umusoro.

 

Amafaranga yacibwaga umucuruzi muto watinze kudeclara azaba ari ibihumbi 50 mu gihe ubusanzwe mu itegeko rya 2019 yacibwaga ibihumbi 100. Umucuruzi uzajya utinda kwishyura mu gihe kitarenze amezi 6 we azacibwa amande angana na 0.5% na ho nageza ku mezi 12 ahanishwe kwishyura 1% by’agaciro k’umusoro n’ubundi agomba kwishyura kandi na wo awutange.

Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Imari ya Leta Richard Tusabe, avuga ko kugabanya ibihano ku basora bigamije kubashishikariza gutanga ibyo bagomba igihugu batarindiriye guhanwa.

Ingingo uko ari 106 zigize itegeko rigena uburyo bw’isoresha zose zatowe.

Iri tegeko nirimara gusohoka mu igazeti ya Leta rizasimbura iryakoreshwaga ryari ryaratowe tariki 18/9/2019. Usibye iri tegeko rivugurura muri rusange ibijyanye n’ibihano, andi mategeko 5 arimo kuvugururwa ku bijyanye n’ibipimo by’imisoro inyuranye itangwa n’abasora.

You Might Also Like

Perezida Kagame yerekanye inkingi 3 Afurika yakubakiraho ikagira umutekano usesuye/AMAFOTO

Gushyira mu ikoranabuhanga inyandiko z’Inkiko Gacaca bizarangira mu 2026

RGB yahagaritse by’agateganyo amasengesho abera ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe

360 Mubari barafashwe bugwate na FDLR batangiye gutaha

Perezida Kagame yeretse abanyeshuri ba Kaminuza ya Havard amateka abanyarwanda banyuzemo

igire March 28, 2023 March 27, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Barasaba ko umuhanda uhuza Ngororero na Rutsiro ukorwa
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?