Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Nyagatare: Inzobere z’abaganga mu Ngabo na Polisi by’u Rwanda batangiye kuvura abaturage
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Nyagatare: Inzobere z’abaganga mu Ngabo na Polisi by’u Rwanda batangiye kuvura abaturage

igire
igire Yanditswe March 18, 2025
Share
SHARE

Abatuye mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko bashimishijwe cyane n’uko inzobere z’abaganga bo mu Ngabo na Polisi by’u Rwanda, batangiye kubaha serivisi zo kuvura indwara zitandukanye muri aka Karere, muri gahunda y’ibikorwa by’inzego z’umutekano bigamije iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.

Ibi bikorwa by’ubuvuzi, byatangirijwe ku rwego mu gihugu ku bitaro bya Gatunda mu Karere ka Nyagatare, aho byitabirwa na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, inzego z’umutekano (Ingabo na Polisi) n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye.

Indwara aba baturage batangiye kuvurwa n’izi nzobere harimo indwara z’amagufwa n’ingingo, indwara z’abagore, indwara z’amatwi, amazuru n’ubuhumekero, indwara z’amaso n’amenyo n’izindi zirimo iz’uruhu ndetse n’indwara z’imyanya y’inkari n’imyororokere y’abagabo.

Uretse ku bitaro, izi nzobere zizanakorera ku bigo nderabuzima birimo n’ibikorana n’ibi bitaro bya Gatunda, birimo icya Muhambo, Nyarurema, Rukomo, Cyondo, Nyagahita, Kabuga, Mimuli na Katabagemu.

Ni gahunda abatuye i Nyagatare bishimiye cyane kandi ngo na bo biteguye gukomeza ubufatanye n’izi nzego.

Ibi bikorwa bifite insanganyamatsiko igira iti “Ubufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano mu kwizihiza kwibohora 31 n’imyaka 25 y’imikoranire na Polisi y’u Rwanda, byanatangirijwe hirya no hino mu gihugu.

You Might Also Like

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

igire March 18, 2025 March 18, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?