Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Nyanza: Abaturage basaga 500 bamaze imyaka 10 bishyuza ingurane z’ahakozwe icyuzi gihangano cya Bishya
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Nyanza: Abaturage basaga 500 bamaze imyaka 10 bishyuza ingurane z’ahakozwe icyuzi gihangano cya Bishya

igire
igire Yanditswe February 20, 2025
Share
SHARE

Hari abaturage bo mu Karere ka Nyanza bari bafite imirima ahakozwe icyuzi gihangano cya Bishya, bavuga ko imyaka ibaye 10 babariwe amafaranga y’ingurane ku byabo byangijwe n’ubu bakaba batarayabona kandi ngo ntibahwemye gusiragira mu buyobozi bishyuza.

Icyuzi gihangano cya Bishya kiri hagati y’Imirenge ya Rwabicuma, Busasamana na Mukingo.

Abaturage bari bafite imirima mu kabande ka Bishya hatarahangwa iki cyuzi ndetse n’abari bafite ubutaka ku nkengero z’iki cyuzi, bavuga ko imyaka ibaye 10 basiragira ku ngurane babariwe.

Aba baturage basaba ko bahabwa ingurane y’ibyabo byangijwe ntibakomeze guhera mu gihirahiro.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme avuga ko ikibazo cy’ingurane zabo cyatangiye gukurikiranwa ku bufatanye na WASAC kugira ngo bishyurwe ku buryo uyu mwaka uzashira iki kibazo cyakemutse.

Kugeza ubu abaturage 102 nibo bamaze kwishyurwa ingurane zabo muri 586 bagomba kwishyurwa aho aba bishyiwe asaga miliyoni 22 Frw, ni mu gihe abasigaye baberewemo miliyoni 66 Frw.

Icyuzi cya Bishya mu Karere ka Nyanza gitanga amazi ku ruganda rw’amazi ruyakwirakwiza muri aka Karere ndetse no mutundi Turere nka Huye na Ruhango.

 

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire February 20, 2025 February 20, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?