Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bizihije isabukuru ya Gen. Muhoozi
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bizihije isabukuru ya Gen. Muhoozi

igire
igire Yanditswe April 25, 2023
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame baraye bakiriye Gen. Muhoozi Kainerugaba n’itsinda bari kumwe, mu muhango wo kwizihiza isabukuru ye y’amavuko y’imyaka 49.

Inkuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, ivuga ko uyu muhango wabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 24 Mata 2023.

Gen Muhoozi Kainerugaba, Umuhungu wa Perezida Yoweli Kaguta Museveni, ndetse akaba asanzwe ari Umujyanama wa Perezida Museveni mu bikorwa byihariye, yageze i Kigali ku cyumweru aherekejwe n’itsinda ry’abayobozi barimo Abaminisitiri bo muri Uganda.

Gen Muhoozi akigera ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe yakiriwe n’Umuyobozi w’Ingabo zishinzwe Umutekano w’Abayobozi bakuru, Maj Gen Willy Rwagasana n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga.

Gen Muhoozi Kainerugaba, muri Werurwe uyu mwaka nibwo yatangaje ko muri Mata azizihiriza i Kigali isabukuru ye y’imyaka 49.

Itsinda ryaje riherekeje Gen Muhoozi ririmo, Minisitiri w’Ubutabera wa Uganda, Norbert Mao, Minisitiri w’Umutekano, Maj Gen (Rtd) Jim Muhwezi na Andrew Mwenda, Umuvugizi w’Ibikorwa bya Gen Muhoozi binyuzwa mu kizwi nka MK Movement.

Muhoozi Kainerugaba wizihizaga isabukuru y’imyaka 49, yavutse ku wa 24 Mata 1974.

You Might Also Like

Gasabo: Hari ibigo by’amashuri bya leta biyishyuza amafaranga y’ibirarane ibigenera

Abashoramari bo muri Hongiriya beretswe amahirwe ari mu Rwanda

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

igire April 25, 2023 April 25, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Мобильная редакция игорного заведения для азартных игр с телефонов и планшетов.
Mu Rwanda

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?