Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yaganiriye n’Abadepite bashya n’abasoje manda yabo muri EALA
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yaganiriye n’Abadepite bashya n’abasoje manda yabo muri EALA

igire
igire Yanditswe January 14, 2023
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yahuye n’Abadepite baherutse gutorerwa guhagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) ndetse n’abasoje manda yabo, igikorwa cyabaye ku wa Gatanu tariki 13 Mutarama 2023.

Amakuru yatangajwe n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu, yavuze ko Perezida Kagame yahuye n’aba Badepite basoje manda ya 4, ndetse n’abatorewe manda ya 5 bazahagararira u Rwanda muri EALA.

Hon. Oda Gasinzigwa wari uhagarariye Abadepite muri manda ya 4 basoje imirimo yabo, yavuze ko barimo batanga raporo y’ibikorwa byakozwe muri manda yabo.

Hon Gasinzigwa avuga ko ari amahirwe kuba Perezida Kagame yabahaye umwanya bakamugezaho ibikorwa bakoze muri manda yabo, ndetse abatowe bashya bagahabwa impanuro n’umurongo mwiza w’ibyo bazakora mu nshingano nshya zo guhagararira u Rwanda.

Ati “Twatangiriye muri Minisiteri dutanga raporo y’ibikorwa twakoze ariko uyu munsi Umukuru w’Igihugu yatanze umurongo w’ibigomba gukorwa n’abari muri manda ya 5, mu muryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba ariko natwe twaboneyeho umwanya wo kugaragaza ibyagezweho n’imbogamizi zigihari, kugira ngo abatangiye bashya babihereho.

Hon Gasinzigwa avuga ko batangiye mu 2017, muri iyo myaka Igihugu cy’u Rwanda cyagiye gihura n’ibibazo by’umubano n’ibindi bihugu bitari bimeze neza, ndetse n’ibihe bya Covid-19, ariko igihugu cyakomeje gutanga umurongo wo guca muri ibyo bibazo neza, byose bibonerwa ibisubizo.

Ati “Icyo twumva gikomeye ni uko haba hari impamba yo kubakira ku butumwa tuba twahawe, bikazanafasha ku bagiye gutangira indi manda”.

Abagiye guhagararira u Rwanda muri manda ya 5 muri EALA ni Fatuma Nyirakobwa Ndangiza, Kayonga Caroline Rwivanga, Harebamungu Mathias, Musangabatware Clement, Dr Nyiramana Aisha, Uwumukiza Françoise, Rutazana Francine, Iradukunda Alodie na Bahati Alex.

Aba bose barahiriye gutangira inshingano zabo mu muhango wabereye i Arusha muri Tanzania, ku wa 19 Ukuboza 2022.

EALA igengwa n’ingingo ya cyenda y’amasezerano ashyiraho Umuryango wa EAC, yasinywe bwa mbere tariki 30 Ugushyingo 1999, aza gutangira gushyirwa mu bikorwa tariki 7 Nyakanga 2000.

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire January 14, 2023 January 14, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?