Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Kristalina Georgieva, Umuyobozi wa IMF
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Kristalina Georgieva, Umuyobozi wa IMF

igire
igire Yanditswe January 26, 2023
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Mutarama 2023, yakiriye mu biro bye Umuyobozi w’ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF), Kristalina Georgieva uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi 3 mu Rwanda.

Perezida Kagame aganira na Kristalina Georgieva
Perezida Kagame aganira na Kristalina Georgieva

Amakuru yatangajwe n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu avuga ko ibiganiro byabo byibanze ku bikorwa ikigega cyateyemo inkunga u Rwanda, ingana na Miliyoni 319 z’Amadorari y’Amerika, zo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere binyuze mu kigega mpuzamahanga cyiswe ‘Resilience and Sustainability Trust’.

Perezida Kagame abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, yashimiye Kristalina Georgieva kuba yagiriye uruzinduko mu Rwanda, avuga ko u Rwanda rwishimiye uruzinduko rwe, kandi ko runashima gahunda ijyanye n’ubudatsimburwa n’iterambere rirambye ry’ikigega mpuzamahanga cy’imari.

Perezida Kagame yakomeje avuga ko ibi bizagira uruhare mu gufasha u Rwanda n’ibindi bihugu bikiri mu nzira y’Amajyambere, mu kugera ku iterambere rirambye n’ubukungu bubungabunga ibidukikije.

Kristalina Georgieva yabanje kugirana ibiganiro n’abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, baganira ku bibazo Igihugu gihura nabyo mu mihindagurikire y’ibihe.

Ikigega mpuzamahanga cyiswe ‘Resilience and Sustainability Trust (RST), cyashyiriweho gufasha ibihugu biri mu nzira y’amajyambere n’ibifite ingorane zihariye, ku mihindagurikire y’ikirere, kugira ngo bibashe kubona ubushobozi bwo guhangana na ibyo.

U Rwanda rushimira IMF ku nkunga zitandukanye iha ibihugu bikiri mu nzira y’Amajyambere, bikabasha guhangana n’ingaruka ziterwa n’imihindagurikire y’ibihe.

Kristalina Georgieva yavuze ko iki kigega cyiteguye gutera inkunga imishinga yo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, mu gihe yaba iteguye neza.

Yashimye u Rwanda uburyo ruhangana n’ihindagurika ry’ibihe, n’imbaraga rushyira muri gahunda ziteza imbere umuturage.

You Might Also Like

Gushyira mu ikoranabuhanga inyandiko z’Inkiko Gacaca bizarangira mu 2026

RGB yahagaritse by’agateganyo amasengesho abera ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe

360 Mubari barafashwe bugwate na FDLR batangiye gutaha

Perezida Kagame yeretse abanyeshuri ba Kaminuza ya Havard amateka abanyarwanda banyuzemo

Gasabo: Hari ibigo by’amashuri bya leta biyishyuza amafaranga y’ibirarane ibigenera

igire January 26, 2023 January 26, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

BAL2025: APR BBC yabonye intsinzi ya kabiri
Imikino

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?