Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Kristalina Georgieva uyobora IMF
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Kristalina Georgieva uyobora IMF

igire
igire Yanditswe April 28, 2024
Share
SHARE

Perezida Kagame uri i Riyadh muri Arabie Saoudite mu Nama Mpuzamahanga yiga ku Bukungu, yahuye n’Umuyobozi w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, IMF, Kristalina Georgieva, baganira ku mikoranire y’iki kigega n’u Rwanda.
Muri ibi biganiro, Umukuru w’Igihugu yari kumwe n’Umunyabanga wa Leta Ushinzwe Ishoramari rya Leta no Kwegeranya Imari muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Jeannine Munyeshuli.
U Rwanda ni igihugu cya mbere muri Afurika cyabashije kungukira muri gahunda y’iki kigega ijyanye no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe hagamije iterambere rirambye.
Mu 2022, ni bwo IMF yashyizeho Ikigega gishya cya Resilience and Sustainability Trust, RST, gifasha ibihugu kubona ubushobozi bwo guhangana n’ibibazo bituruka hanze y’igihugu, birimo n’imihindagurikire y’ibihe, hagamije iterambere rirambye.
Ku ikubitiro, cyatangiye gikorana n’ibihugu bitatu birimo Barbados, Costa Rica n’u Rwanda, aho igihugu kizahabwa miliyoni $319 zigamije gushyigikira imishinga igamije guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.
RST ni ikigega cyashyiriweho gufasha ibihugu biri mu nzira y’ajyambere n’ibifite ingorane zihariye, ngo bibashe kubona ubushobozi bwo guhangana n’ibibazo bituruka hanze y’igihugu, kugira ngo bibashe kugira iterambere rirambye.
Ni uburyo bwunganira ubusanzweho bufasha ibihugu kubona amafaranga bikeneye, mu buryo buhendutse kandi bw’igihe kirekire, bugafasha mu guhangana n’ibibazo birimo imihidagurikire y’ibihe no kwitegura guhangana n’ibyorezo.
Ni mu gihe Afurika igira uruhare ruto cyane mu gutuma ikirere cyangirika nyamara igahura n’ingaruka zabyo, ku buryo ari ngombwa cyane ko iki kibazo kiganirwaho, kuko uretse kuba ari ikibazo cy’ibidukikije, ni ikibazo cy’ubukungu n’imibereho y’abaturage.
Kugira ngo u Rwanda rubashe gushyira mu bikorwa gahunda zijyanye n’imihindagurikire y’ibihe, muri za miliyari 11$ zikenewe kugeza mu 2030, harimo miliyari 5.7$ zagenewe ibikorwa bitandukanye bigamije guhangana n’ingaruka z’imihidagurikire y‘ibihe, na miliyari 5.3$ zagenewe ibikorwa byo gukumira ingaruka z’imihindagurikire y‘ibihe.

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire April 28, 2024 April 28, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?