Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Kazakhstan
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Kazakhstan

igire
igire Yanditswe November 12, 2024
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kabiri, Perezida Paul Kagame uri i Baku muri Azerbaijan, aho yitabiriye Inama ya Loni yiga ku mihindagurikire y’ibihe (COP29), yahuye na Perezida wa Kazakhstan, Kassym-Jomart Tokayev.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro) byatangaje ko Abakuru b’Igihugu bombi baganiriye ku guteza imbere imikoranire mu by’ubukungu mu nzego zitandukanye, mu rwego rwo guteza imbere abaturage b’ibihugu byombi.

U Rwanda na Kazakhstan ni ibihugu bihuriye ku kuba byombi bidakora ku Nyanja, bikaba byarubatse umubano mu nzego zitandukanye.

Mu kurushaho kunoza ubuhahirane, ibihugu byombi byasinye amasezerano ku ya 25 Nzeri 2025, yo gukuraho Visa ku baturage b’ibihugu byombi, bivuze ko ufite urwandiko rw’inzira (pasiporo) yemerewe kwinjira mu gihugu cya Kazakhstan nta Visa yatswe ndetse n’uwo muri Kazakhsatan uje mu Rwanda na we atayisabwa.

Umubano wa Azerbaijan n’u Rwanda watangiye mu 2017, igihugu gifite Ambasaderi wacyo mu Rwanda ufite icyicaro i Addis Ababa muri Ethiopia.

Amb. Lt Gen (Rtd) Charles Kayonga wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda asazwe ari Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya kuva 2023 aho yasimbuye Fidelis Mironko.

Amb. Lt Gen (Rtd) Kayonga ahagarariye u Rwanda mu bihugu bya Turikiya, Kazakhstan, Lebanon na Azerbaijan.

Kazakhstan ni igihugu gikize ku mabuye y’agaciro kandi gisurwa na ba mukerarugendo.

AMAFOTO :

Office of the President 

You Might Also Like

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

Amb. Bizimana yashyikirije Perezida wa Senegal impampuro zo guhagararira u Rwanda

Ibyo wamenya kuri Papa Leon XIV, Umusimbura mushya wa Petero intumwa

Perezida Kagame uri i Paris yakiriwe na Macron w’u Bufaransa

Umunsi wageze, gutora Papa mushya bigiye gutangira

igire November 12, 2024 November 12, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?