Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Turikiya
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Turikiya

igire
igire Yanditswe February 14, 2024
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi wa Turikiya, Recep Tayyip Erdoğan, byagarutse ku kwagura Ubutwererane hagati y’ibihugu byombi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, byatangaje ko abayobozi bombi bahuye kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Gashyantare ku ruhande rw’Inama ya 11 ihuza abagize Guverinoma zo hirya no hino ku Isi (World Governments Summit), yiga ku miyoborere, iri kubera I Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Mu butumwa bwashyizwe kuri X ya Village Urugwiro, buvuga ko Perezida Kagame na Erdoğan bagiranye ibiganiro byibanze ku kwagura umubano n’ubutwererane hagati y’ibihugu byombi.

Ibihugu byombi bisanzwe n’ubundi bifitanye umubano mwiza cyane ko buri kimwe gifite abagihagarariye mu kindi binyuze muri za ambasade.

Muri Mutarama 2023, u Rwanda na Turikiya byasinyanye amasezerano atatu y’ubufatanye agamije kurushaho guteza imbere umubano w’ibihugu byombi.

Ayo masezerano yashyizweho umukono mu ruzinduko rw’akazi, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Turikiya Mevlüt Çavuşoğlu yagiriraga mu Rwanda. Aya masezerano ajyanye n’ubufatanye mu bijyanye n’umuco, Ubumenyi, ikoranabuhanga no guhanga ibishya.

Kugeza ubu mu Rwanda kandi hari imwe mu mishinga yubatswe bigizwemo uruhare n’ibigo byo muri Turikiya harimo Kigali Convention Centre, BK Arena ndetse n’imirimo ijyanye no kuvugurura Stade Amahoro.

Kubera ibyo bikorwa ndetse n’ibindi bikorwa bitandukanye b’abanya-Turikiya, byatumye ishoramari ryabo mu Rwanda ryiyongera rigera kuri miliyoni 465$.

Ku rundi kandi imibare igaragaza ko ibicuruzwa u Rwanda rwohereza muri Turikiya byavuye kuri miliyoni 31 z’amadolari ya Amerika mu mwaka wa 2019 bikagera kuri miliyoni 178 mu madolari ya Amerika mu mwaka wa 2022.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Turikiya, Mevlüt Çavuşoğlu yavuze ko Abanya-Turikiya babona igihugu cy’u Rwanda nk’ahantu heza habereye gushora imari, bitewe na politiki nziza n’imiyoborere myiza irangajwe imbere na Perezida Kagame.

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire February 14, 2024 February 14, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?