Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Xi Jinping w’u Bushinwa
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Xi Jinping w’u Bushinwa

igire
igire Yanditswe September 5, 2024
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kane i Beijing, Perezida Paul Kagame yaganiriye na Perezida Xi Jinping w’u Bushinwa, ku mikoranire ihuriweho mu bijyanye n’ubuzima, ibikorwaremezo n’ikoranabuhanga.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu Village Urugwiro byatangaje ko abayobozi bombi baganiriye ku musanzu mu miyoborere yubakiye ku busugire bw’ibihugu n’indangagaciro zabyo.

Ku wa Kabiri tariki ya 3 Nzeri 2024 ni bwo Perezida Kagame, yageze mu Bushinwa aho yitabiriye inama y’Ihuriro ku bufatanye bw’Afurika n’u Bushinwa (FOCAC), izarangira kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Nzeri.

Tariki ya 03 Nzeri 2024, u Rwanda rwasinyanye amasezerano y’imikoranire n’u Bushinwa agamije gukomeza kwagura ubufatanye mu iterambere.

U Rwanda n’u Bushinwa bimaze imyaka isaga 52 bifitanye umubano w’indakemwa mu nzego zitandukanye ugamije guteza imbere abaturage b’ibihugu byombi.

Ku wa 10 Ugushyingo wa 2023, u Rwanda n’u Bushinwa byizihije isabukuru y’imyaka 52 ibihugu byombi bimaze bitangije umubano, hishimirwa ibimaze kugerwaho mu mishinga bifitanye mu nzego zitandukanye igamije guteza imbere abaturage babyo.

Icyo gihe hashimwe ibikorwa bitandukanye byagezweho bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage ndetse hemezwa gukomeza uwo mubano binyuze mu guteza imbere ubufatanye bushya mu zindi nzego.

Imibare y’umwaka ushize igaragaza ko ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi bwarengeje agaciro ka miliyoni 500 z’amadolari y’Amerika,ndetse ibihugu byombi basanzwe bafitanye amasezerano y’ubufatanye arimo imishinga ibarirwa agaciro ka miliyoni 600 z’amadolari ya Amerika.

You Might Also Like

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

Amb. Bizimana yashyikirije Perezida wa Senegal impampuro zo guhagararira u Rwanda

Ibyo wamenya kuri Papa Leon XIV, Umusimbura mushya wa Petero intumwa

Perezida Kagame uri i Paris yakiriwe na Macron w’u Bufaransa

Umunsi wageze, gutora Papa mushya bigiye gutangira

igire September 5, 2024 September 5, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?