Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yagiranye ikiganiro na Blinken ku bibazo by’umutekano muke muri RDC
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yagiranye ikiganiro na Blinken ku bibazo by’umutekano muke muri RDC

igire
igire Yanditswe August 16, 2023
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yagiranye ikiganiro kuri telefoni n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony J. Blinken, byibanze ku bibazo by’umutekano muke muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Ibiro bya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, byatangaje ko aba bayobozi bombi bagiranye ibiganiro ku wa Kabiri tariki 18 Kanama 2023.

Mu itangazo ryashyizwe hanze rivuga ko Perezida Kagame na Blinken bagiranye ikiganiro cyatanze umusaruro byumwihariko ku bibazo by’umutekano ukomeje kurangwa ku mupaka w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Itangazo rikomeza rigira riti: “Blinken yamenyesheje Perezida Kagame ibyavuye mu rugendo Umunyamabanga wungirije w’agateganyo wa Amerika, Victoria Jane Nuland, aherutse kugirira I Kinshasa.”

Mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Kanama, nibwo Victoria Jane Nuland yagiriye uruzinduko muri RDC abonana na Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo baganira ku bibazo by’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo.

Blinken kuri telefone yagaragarije Perezida Kagame ko leta Zunze Ubumwe za Amerika zishyigikiye ko umwuka mubi uri hagati y’ibihugu byombi wahoshwa binyuze mu nzira ya diplomasi ndetse anasaba ko buri ruhande rwafata ingamba zihamye mu gukemura ibi bibazo.

Blinken yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame nyuma y’uko muri Kanama umwaka ushize yakoreye uruzinduko mu Rwanda yakirwa na Perezida Kagame.

You Might Also Like

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

igire August 16, 2023 August 16, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?