Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yahawe umudari w’icyubahiro ku munsi w’Ubwigenge bwa Bahamas
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yahawe umudari w’icyubahiro ku munsi w’Ubwigenge bwa Bahamas

igire
igire Yanditswe July 10, 2023
Share
SHARE

 

Perezida wa Republika Paul Kagame uri mu ruzinduko mu Birwa bya Bahamas yitabiriye ibirori by’isabukuru y’imyaka 50 y’ubwigenge bwa Bahamas.

Yavuze ko amateka abantu basangiye nta wayahakana, cyangwa ngo abe yakwanduzwa n’inyanja ibatandukanya.

Ibi byose ngo ni umusingi ukomeye wo gushingiraho ubufatanye bukomeye kandi bwimbitse bw’ibihugu byombi.

Iki gihugu cyabonye Ubwigenge ku itariki 10 Nyakanga 1973 nyuma yo kumara imyaka amagana gikoronijwe n’Ubwongereza.

Bivuze ko uyu munsi huzuye neza imyaka 50.

Muri iyi myaka 50 ishize Perezida Kagame yashimiye iki gihugu kubera intambwe y’iterambere cyateye.

Aho muri Bahamas, Perezida Kagame yanahawe umudari w’icyubahiro ku bw’ubucuti afitanye n’iki gihugu n’abaturage bacyo.

Perezida Kagame yatangaje ko amateka ibihugu byombi bisangiye adashobora kusibanganywa n’inyanja ibitandukanya.

Bahamas ni igihugu gikize, gifite umusaruro mbumbe uri hejuru ku muturage mu bihugu bihugu byo muri Caraibe bivuga icyongereza.

Ubukungu bw’iki gihugu bushingiye cyane cyane ku bukerarugendo n’izindi serivisi zizamura ubukungu.

Muri izi serivisi ubukerarugendo bwihariye 50% by’umusaruro mbumbe.

 

 

Perezida Kagame yatangaje ko amateka ibihugu byombi bisangiye adashobora kusibanganywa n’inyanja ibitandukanya. Photo: Urugwiro Village

You Might Also Like

U Rwanda rwohereje Abapolisi 140 mu butumwa bwa Loni muri Santarafurika

Rutsiro: Umuvunyi yerekanye ko byinshi mu bibazo by’abaturage biterwa n’inzego z’ibanze zitabegera

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

igire July 10, 2023 July 10, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Musanze: Abagore barara mu tubari barashinjwa kwica umuco no kwimika ubusambanyi
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?