Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yahawe umudari w’icyubahiro ku munsi w’Ubwigenge bwa Bahamas
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yahawe umudari w’icyubahiro ku munsi w’Ubwigenge bwa Bahamas

igire
igire Yanditswe July 10, 2023
Share
SHARE

 

Perezida wa Republika Paul Kagame uri mu ruzinduko mu Birwa bya Bahamas yitabiriye ibirori by’isabukuru y’imyaka 50 y’ubwigenge bwa Bahamas.

Yavuze ko amateka abantu basangiye nta wayahakana, cyangwa ngo abe yakwanduzwa n’inyanja ibatandukanya.

Ibi byose ngo ni umusingi ukomeye wo gushingiraho ubufatanye bukomeye kandi bwimbitse bw’ibihugu byombi.

Iki gihugu cyabonye Ubwigenge ku itariki 10 Nyakanga 1973 nyuma yo kumara imyaka amagana gikoronijwe n’Ubwongereza.

Bivuze ko uyu munsi huzuye neza imyaka 50.

Muri iyi myaka 50 ishize Perezida Kagame yashimiye iki gihugu kubera intambwe y’iterambere cyateye.

Aho muri Bahamas, Perezida Kagame yanahawe umudari w’icyubahiro ku bw’ubucuti afitanye n’iki gihugu n’abaturage bacyo.

Perezida Kagame yatangaje ko amateka ibihugu byombi bisangiye adashobora kusibanganywa n’inyanja ibitandukanya.

Bahamas ni igihugu gikize, gifite umusaruro mbumbe uri hejuru ku muturage mu bihugu bihugu byo muri Caraibe bivuga icyongereza.

Ubukungu bw’iki gihugu bushingiye cyane cyane ku bukerarugendo n’izindi serivisi zizamura ubukungu.

Muri izi serivisi ubukerarugendo bwihariye 50% by’umusaruro mbumbe.

 

 

Perezida Kagame yatangaje ko amateka ibihugu byombi bisangiye adashobora kusibanganywa n’inyanja ibitandukanya. Photo: Urugwiro Village

You Might Also Like

Perezida Kagame yerekanye inkingi 3 Afurika yakubakiraho ikagira umutekano usesuye/AMAFOTO

Gushyira mu ikoranabuhanga inyandiko z’Inkiko Gacaca bizarangira mu 2026

RGB yahagaritse by’agateganyo amasengesho abera ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe

360 Mubari barafashwe bugwate na FDLR batangiye gutaha

Perezida Kagame yeretse abanyeshuri ba Kaminuza ya Havard amateka abanyarwanda banyuzemo

igire July 10, 2023 July 10, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Barasaba ko umuhanda uhuza Ngororero na Rutsiro ukorwa
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?