Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yakiriye Ambasaderi wa Misiri ucyuye igihe
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yakiriye Ambasaderi wa Misiri ucyuye igihe

igire
igire Yanditswe September 11, 2023
Share
SHARE

Kuri iki Cyumweru tariki ya 10 Nzeri 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Rania El Banna, Ambasaderi wa Misiri urimo gusoza imirimo ye mu Rwanda.

Tariki ya 8 Ukwakira 2021, nibwo Ambasaderi Rania El Banna yatanze impapuro zimwemerera guhagararira igihugu cya Misiri mu Rwanda, asimbuye Ambasaderi Ahmed Samy Mohamed El-Ansary, wari umaze imyaka itatu mu Rwanda.

Igihugu cya Misiri n’u Rwanda bisanzwe bifitanye umubano mwiza mu mikoranire itandukanye, kuko muri Kamena 2021, Minisiteri y’Ubuzima, yagiranye amasezerano n’igihugu cya Misiri yo kubaka ikigo kizajya kivurirwamo indwara z’umutima kikanakorerwamo ubushakashatsi, bikazakorwa ku bufatanye bw’Ikigo cy’Abanyamisiri gishinzwe ubutwererane mu Iterambere (EAPD) ndetse na Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda.

Ibihugu byombi bifitanye umubano n’imikoranire, mu bijyanye no kubaka ubushobozi bw’abasirikare n’abakozi mu by’umutekano, aho abasirikare b’u Rwanda bajya boherezwa muri iki gihugu mu mahugurwa atandukanye.

Bimwe mu bikorwa Ambasaderi wa Misiri ucyuye igihe, Rania El Banna yashyizemo imbara igihe yari amaze mu Rwanda, ni ukongera imbaraga mu bucuruzi n’ubukungu mu nyungu z’abaturage b’impande zombi.

U Rwanda na Misiri byateje imbere ubucuruzi, aho u Rwanda rwohereza mu Misiri ibirimo ibikomoka ku buhinzi bitandukanye, ndetse na Misiri ikitabira bimwe mubikorwa bitandukanye by’ubucuruzi, cyane cyane imurikagurisha Mpuzamahanga ribera mu Rwanda.

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire September 11, 2023 September 11, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?