Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yakiriye inyandiko za ba Ambasaderi bashya 8
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yakiriye inyandiko za ba Ambasaderi bashya 8

igire
igire Yanditswe August 29, 2024
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatatu, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriye inyandiko zemerera ba Ambasaderi bashya umunani baje guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.

Abo ni Ambasaderi w’u Burusiya mu Rwanda Alexander Polyakov, Ambasaderi w’Ubwami bw’u Bwongereza Alison Heather Thorpe, Ambasaderi w’u Buhinde Mridu Pawan Das n’Ambasaderi w’u Butaliyani Mauro Massoni.

Nanone kandi abandi Perezida Kagame yakiriye inyandiko zabo ni Ambasaderi wa Venezuela Fátima Yesenia Fernandes Juárez, Ambasaderi wa Mexique Enrique Javier Ochoa Martínez, Ambasaderi wa Romania Genţiana Şerbu n’Ambasaderi wa Azerbaijan Ruslan Rafael Oglu Nasibov.

Abo ba Ambasaderi bakiriwe n’Umukuru w’Igihufu nyuma y’uko bashyikirije kopi z’izo nyandiko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Jea Patrick Nduhungirehe guhera mu ntangiriro z’iki cyumweru.

Mu batanze impuro zibemerera guhahararira ibihugu byabo mu Rwanda harimo abaherutse kwemezwa n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 23 Kanama 2024, n’abandi bemejwe mu bihe byahise basimbura abasoje manda zabo.

Ibirori byo kwakira impapuro zabo bishimangira ubushake bw’u Rwanda bwo kurushaho kwimakaza ububanyi n’amahanga no guharanira ubufatanye bubyarira inyungu abaturage b’u Rwanda n’ibihuru rutsura umubano na byo.

Aba badipolomate bose bijeke gukora ibishoboka byose kugira ngo ibihugu bahagarariye birusheho kwagura ibitwererane n’u Rwanda mu nzego zotandukanye.

You Might Also Like

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

Amb. Bizimana yashyikirije Perezida wa Senegal impampuro zo guhagararira u Rwanda

Ibyo wamenya kuri Papa Leon XIV, Umusimbura mushya wa Petero intumwa

Perezida Kagame uri i Paris yakiriwe na Macron w’u Bufaransa

Umunsi wageze, gutora Papa mushya bigiye gutangira

igire August 29, 2024 August 29, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?