Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi Mukuru wa AUDA-NEPAD
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi Mukuru wa AUDA-NEPAD

igire
igire Yanditswe January 21, 2023
Share
SHARE

Ku gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki 20 Mutarama 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe Rushinzwe Iterambere (AUDA-NEPAD), Nardos Bekele-Thomas bagirana ibiganiro.

Urubuga rwa Twitter rw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu dukesha iyi nkuru, ruvuga ko bagiranye ibiganiro bijyanye no kurebera hamwe aho imirimo y’uru rwego igeze ishyirwa mu bikorwa.

Mbere y’uko Nardos Bekele-Thomas yakirwa na Perezida Kagame yari yabanje kwakirwa na Perezida wa Kenya, William Ruto.

Nardos Bekele-Thomas ari kugirana ibiganiro n’abakuru b’ibihugu mu gihe hitegurwa inama izahuza abagize uru rwego, ndetse n’Abanya-Afurika muri rusange mu rwego rwo kwigira hamwe uko uyu mugabane watera imbere mu bikorwa bitandukanye.

Biteganyijwe ko iyi nama izabebera i Dakar muri Senegal tariki 1 kugeza 3 Gashyantare 2023, ikaziga uburyo imishinga igamije kubaka ibikorwaremezo bihuriweho yakomeza kwihutishwa.

Biteganyijwe ko abafatanyabikorwa bazagira igihe gihagije cyo kuganira ku cyakorwa mu gushyira imbaraga mu ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga nyamukuru, izagira uruhare mu guhindura Afurika ikize ku bikorwaremezo bizatuma ifatanyiriza hamwe mu kwimakaza ubukungu buhuriweho.

Nardos Bekele-Thomas, ni we mugore wa mbere wahawe inshingano zo kuyobora AUDA-NEPAD nyuma y’uko yari asimbuye Dr. Ibrahim Assane Mayaki. Yahoze ari Umuhuzabikorwa wa Loni anahagarariye Umunyamabanga Mukuru muri Afurika y’Epfo.

Perezida Kagame ni Umuyobozi w’Akanama k’abakuru b’ibihugu kiga ku cyerekezo cya AUDA-NEPAD) kuva mu 2020.

AUDA-NEPAD yashinzwe mu buryo bwo kwimakaza intego ya Afurika y’uko mu 2063, uyu mugabane uzaba warageze ku iteramberere rirambye, ubuyobozi budaheza n’amahoro.

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire January 21, 2023 January 21, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?