Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda gukora cyane bakanoza umurimo
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda gukora cyane bakanoza umurimo

igire
igire Yanditswe February 28, 2023
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame arasaba Abanyarwanda gukora cyane, kunoza umurimo kandi vuba no kwanga ikibi bakacyamagana kugirango gicike kuko bitabaye ibyo u Rwanda rutagera aheza rwifuza.

Umukuru w’igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri ubwo yasozaga inama y’igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 18.

Umunsi wa kabiri ari nawo wa nyuma w’inama ya 18 y’igihugu y’umushyikirano, waranzwe n’ibiganiro bitandukanye birimo icyagarutse ku ishusho y’ubumwe bw’abanyarwanda, ikiganiro ku muryango uhamye, utekanye kandi ushoboye ndetse n’igikorwa cyo kumurikira Abanyarwanda uburyo inzego zitandukanye by’umwihariko uturere dukurikirana mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2021/2022.

Mu ijambo risoza iyi nama, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimangiye ko nubwo inama ari ngombwa icy’ingenzi ari ikiyiturukamo kigirira akamaro buri wese kuko bitabaye ibyo inama ubwayo yaba ntacyo imaze.

Aho ni naho Umukuru w’igihugu yahereye maze asaba ko uyu mushyikirano wakongera ikibatsi mu mikorere ya buri wese kugirango bifashe igihugu kugera ku cyerekezo cyihaye.

Ngo ikindi gikenewe kugirango ibyo byose bigerweho, ni uko buri wese yakwirinda kuba ntibindeba mu gihe abonye  ikintu gishobora kwangiriza igihugu.

Bamwe mu bayobozi mu nzego zitandukanye zirimo iza leta, amadini ndetse n’abikorera bashima ibyaganiriweho muri iyi nama ndetse bakanavuga ko hari byinshi ibasigiye.

Biteganyijwe ko imyanzuro y’inama ya 18 y’igihugu y’umushyikirano izatangazwa mu minsi iri imbere imaze kunozwa.

You Might Also Like

Perezida Kagame yerekanye inkingi 3 Afurika yakubakiraho ikagira umutekano usesuye/AMAFOTO

Gushyira mu ikoranabuhanga inyandiko z’Inkiko Gacaca bizarangira mu 2026

RGB yahagaritse by’agateganyo amasengesho abera ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe

360 Mubari barafashwe bugwate na FDLR batangiye gutaha

Perezida Kagame yeretse abanyeshuri ba Kaminuza ya Havard amateka abanyarwanda banyuzemo

igire February 28, 2023 February 28, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Barasaba ko umuhanda uhuza Ngororero na Rutsiro ukorwa
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?