Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yashimiye abayobozi baherutse kumushimira intsinzi yegukanye
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yashimiye abayobozi baherutse kumushimira intsinzi yegukanye

igire
igire Yanditswe July 23, 2024
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yashimiye abayobozi n’abantu batandukanye bo hirya no hino ku Isi bamwifurije ishya n’ihirwe, nyuma yo gutorerwa kongera kuyobora u Rwanda mu myaka itanu iri imbere.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yagize ati “Twiteguye gukomeza imikoranire ibyara inyungu hagati y’abaturage bacu.”

Mu bakuru b’ibihugu yashimiye harimo uwa Barbados, Central African Republic, Chad, Comoros, Cuba, Djibouti, Egypt, Ethiopia, Guinea-Bissau, Guinea, Kazakhstan, Kenya, Liberia, Madagascar, Mauritius, Morocco, Mozambique, Oman, Qatar, Senegal, Seychelles, Somalia, South Sudan, Switzeland, Tanzania, Turkiye, Uganda, Venezuela, Zambia n’ibindi bihugu bitandukanye, abasezeranya gukomeza ubufatanye.

Perezida Paul Kagame nyuma yo gutorwa, yashimiye ingeri z’abantu bari mu byiciro bitandukanye bamufashije mu bikorwa byo kwiyamamaza ndetse bakanamugirira icyizere cyo kongera kuyobora Abanyarwanda, abasezeranya ko ibyiza byinshi biri imbere, kandi ko nibafatanya muri byose Igihugu kizagera ku iterambere bahereye ku byamaze kugerwaho mu myaka 30 ishize.

Nyuma y’uko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora itangaje by’agateganyo amajwi y’abakandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma zitandukanye hirya no hino ku Isi bashimiye Perezida Kagame wongeye kugirirwa icyizere n’Abanyarwanda.

Tariki 22 Nyakanga 2024 nibwo Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje mu buryo bwa burundu ibyavuye mu matora, yemeza ko Paul Kagame ari we watorewe kuba Umukuru w’Igihugu n’amajwi 99.18%.

You Might Also Like

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

Amb. Bizimana yashyikirije Perezida wa Senegal impampuro zo guhagararira u Rwanda

Ibyo wamenya kuri Papa Leon XIV, Umusimbura mushya wa Petero intumwa

Perezida Kagame uri i Paris yakiriwe na Macron w’u Bufaransa

Umunsi wageze, gutora Papa mushya bigiye gutangira

igire July 23, 2024 July 23, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?