Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yashimye abajyanama b’ubuzima uko bita ku buzima bw’abaturage
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yashimye abajyanama b’ubuzima uko bita ku buzima bw’abaturage

igire
igire Yanditswe June 16, 2024
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yashimye uruhare rw’abajyanama b’ubuzima mu kwita ku buzima bw’abaturage, anabasezeranya ko hazakorwa ibishoboka byose kugira ngo bakomeze kuzuza neza inshingano zabo.

Yabigarutseho kuri uyu wa Gatandatu, ubwo yaganiraga n’abarenga ibihumbi 7 bahuriye i Kigali.

Iyi gahunda yo guhura n’Umukuru w’Igihugu “Meet the President” yabereye muri BK Arena yitabirwa n’abajyanama b’ubuzima, abayobozi b’ibigo nderabuzima, abayobozi b’ibitaro ndetse n’abafatanyabikorwa bo mu rwego rw’ubuzima.

Minisitri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yavuze ko abajyanama b’ubuzima bamaze imyaka 30 bita ku buzima bw’abaturage.

Perezida Paul Kagame yashimiye ubwitange bw’abajyanama b’ubuzima n’abandi bakora mu nzego z’ubuzima.

Yavuze ko bamwe muri bo bakora nta gihembo, nta mushahara, n’abawubona ukaba ari muto ugereranyije n’akazi bakora, ariko bakita ku buzima bw’abaturage.

Bamwe mu bajyanama b’ubuzima bishimira uko bita ku baturage, bakavuga ko hari ibyo bumva byakwitabwaho.

Umukuru w’Igihugu yabijeje ko hari ibigomba gukorwa kandi bakagenda barushaho kongererwa ubumenyi.

Kugeza ubu mu Rwanda hari abajyanama b’ubuzima hafi ibihumbi 60.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko mu mwaka wa 2028 binyuze muri gahunda yo gukuba 4 abakora mu rwego rw’ubuzima, hazaba habonetse ababarirwa mu bihumbi 32 biyongera ku basanzwe bahari, bose bakazafatanya n’abajyanama b’ubuzima kwita ku buzima bw’abaturage.

 

Carine Umutoni

You Might Also Like

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

Madamu Jeannette Kagame asanga ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera ari ingenzi

igire June 16, 2024 June 16, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Шесть основных ориентиров для определения доверенного интернет-казино
betting

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?