Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yihanangirije abashaka gukira vuba binyuze mu bujura
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yihanangirije abashaka gukira vuba binyuze mu bujura

igire
igire Yanditswe February 27, 2023
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yihanangirije abayobozi bashaka gukira vuba, binyuze mu bujura bwitwikiriye gutombora, kuko bigira ingaruka ku bukungu bw’Igihugu kandi ababyishoyemo nabo bagahomba.

Perezida Kagame yihanangirije abashaka gukira vuba binyuze mu bujura
Perezida Kagame yihanangirije abashaka gukira vuba binyuze mu bujura

Umukuru w’Igihugu yabitangarije mu ijambo yagejeje ku bitabiriye Inama y’Igihugu y’umushyikirano 2023, aho yagarutse ku bibazo biri mu nkiko byatewe n’abantu bashaka gukira vuba, bakitwikira isura ya tombora bakiba abaturage.

Perezida Kagame yavuze ko ntawe Leta izongera gutaho amafaranga, ngo afashwe kubera ko yahombejwe na tombora.

Agira ati “Ugasanga mwataye umutwe, byamara kumera nabi ugasanga abantu baraza bavuga ngo bafashwe bararengana. Gute se wagiye mu bintu by’ubujura none ngo urarengana, gute? Biriya ni nk’ubujura”?

Yongeraho ati “Ibyo bintu ukabisangamo abayobozi bose, wowe wabeshwaho na tombora, ubuzima bwawe wabushyira muri tombora, ni nko kuvuga ngo ndaramuka cyangwa sindamuka. Ngaho biri mu Baminisitiri, biri mu bapolisi biri mu bajenerali”.

Perezida Kagame na Minisitiri w
Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe mu gutangiza Umushyikirano 2023

Yihanangirije abamara guhomba bagatakira Leta ngo ibafashe, ko ibyo bitazongera kubaho, mu gihe abantu bishoye mu bibatwara amafaranga kubera gushaka gukira vuba, aho gukora ngo biteze imbere buhoro buhoro.

Yagize ati “Niba ushaka gufasha abaturage ayo mafaranga iyo uyabaha, izo tombora mujyamo ni iz’iki ? Abayobozi mwicaye aha ni mwe mbwira, ni mwe mujya kubikora, mwabuze ibindi mukora mujya muri tombora”?

Yongeraho ati “Umuntu afata miliyoni 10Frw akazijyana ngo bamuhe 20, mwagenze buhoro, mwakoze muriruka mujya he ? Mwakoze ejo ukabona imwe, ejo ebyiri, eshatu, ukagera kuri miliyoni 20Frw, ujye umenya ngo bijyana no kuba na ya yandi wari ufite uyabura, hanyuma ukaza ngo ufashwe na Leta”.

Perezida Kagame yasabye Minisitiri w’Intebe kutazigera aha icyuho abamaze guhombera muri izo tombora, bitwaje ko bagamije gufasha abaturage bahombye kuko abayobozi bamwe babyinjiyemo, ari bo n’ubundi baba bagiye kwifasha.

Ati “Bariya nibo baba bagiye kwifasha, iyo aba ari bo barwaraga bwaki bakabyumva aho kuba abana b’Abanyarwanda babayeho nabi. Sinzumve n’ifaranga na rimwe rya Leta ryagiye muri ibyo bintu”.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko abantu ba tombora bakwiye gufungwa ahubwo, haba uwashutse abantu ngo bajye muri tombora, ndetse n’uwagiye muri izo tombola ko bose baba bakwiye kujyanwa mu igorororero, bagahurirayo bakabyikemurira.

You Might Also Like

Perezida Kagame yerekanye inkingi 3 Afurika yakubakiraho ikagira umutekano usesuye/AMAFOTO

Gushyira mu ikoranabuhanga inyandiko z’Inkiko Gacaca bizarangira mu 2026

RGB yahagaritse by’agateganyo amasengesho abera ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe

360 Mubari barafashwe bugwate na FDLR batangiye gutaha

Perezida Kagame yeretse abanyeshuri ba Kaminuza ya Havard amateka abanyarwanda banyuzemo

igire February 27, 2023 February 27, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Barasaba ko umuhanda uhuza Ngororero na Rutsiro ukorwa
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?