Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yihanganishije Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yihanganishije Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar

igire
igire Yanditswe July 24, 2023
Share
SHARE
Perezida Paul Kagame yihanganishije Umuyobozi w’Ikirenga (Emir) wa Qatar Tamim bin Hamad al-Thani n’umuryango we kubera urupfu rwa Sheikh Mohammed bin Hamad bin Abdullah bin Jassim Al-Thani witabye Imana afite imyaka 94.
Sheikh Mohammed bin Hamad bin Abdullah bin Jassim Al-Thani
Sheikh Mohammed bin Hamad bin Abdullah bin Jassim Al-Thani

Ubu butumwa bw’akababaro Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar, yabunyujije ku mbuga ze nkoranyambaga ku Cyumweru tariki 23 Nyakanga 2023.

Yagize ati: “Nihanganishije Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani n’umuryango we ku bw’urupfu rwa Sheikh Mohammed bin Hamad bin Abdullah bin Jassim Al-Thani. Roho ye iruhukire mu mahoro.”

Nyakwigendera Sheikh Mohammed bin Hamad bin Abdullah bin Jassim Al-Thani yitabye Imana ku wa Gatanu tariki 21 Nyakanga 2023.

Sheikh Mohammed bin Hamad bin Abdullah bin Jassim Al-Thani yari umwe mu bagize umuryango uyoboye Qatar. Yasezeweho bwa nyuma mu cyubahiro ku wa Gatandatu tariki 22 Nyakanga 2023, mu irimbi rya Old Al Rayyan.

Amakuru aturuka mu muryango w’aba Than, avuga ko impamvu y’urupfu rwa Sheikh Mohammed bin Hamad bin Abdullah bin Jassim Al Thani yaturutse ku bibazo by’ubuzima yari afite.

Mu bandi bayobozi boherereje ubutumwa bwo gufata mu mugongo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, barimo na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan, Umwami Salman bin Abdulaziz ndetse n’Igikomangoma cya Arabiya Saudite, Mohammed bin Salman.

Sheikh Mohammed bin Hamad bin Abdullah bin Jassim Al-Thani ni we sekuru wa Emir wa Gatandatu wa Qatar, Tamim bin Hamad al-Thani.

Yabaye mu nzego zitandukanye z’ubuyobozi bwa Qatar, aho yabaye Ambasaderi muri Liban kuva mu 1973 kugeza mu 1977. Yabaye Minisitiri w’Uburezi mu 1978, umwanya yavuyeho mu 1989 agirwa Umunyamabanga wa Leta ushinzwe umuco kugeza mu 1995.

You Might Also Like

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

Madamu Jeannette Kagame asanga ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera ari ingenzi

igire July 24, 2023 July 24, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Шесть основных ориентиров для определения доверенного интернет-казино
betting

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?