Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yishimiwe n’Abanyamusanze   (Amafoto)
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yishimiwe n’Abanyamusanze   (Amafoto)

igire
igire Yanditswe May 13, 2023
Share
SHARE

perezida Paul Kagame wari ukubutse mu ruzinduko yagiriye mu Karere ka Rubavu kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Gicurasi 2023, yageze mu mujyi rwagati wa Musanze, ava mu modoka, asuhuza imbaga y’abaturage bari bamutegererezanyije urugwiro rwinshi.

Perezida Kagame n’itsinda bari kumwe baturutse i Rubavu, yageze mu mujyi rwagati wa Musanze mu ma saa kumi n’imwe zirengaho iminota micye z’umugoroba. Ubwo yageraga hafi y’igorofa ry’ubucuruzi ry’ahazwi nko ‘Kwa Rukara’, yavuye mu modoka yari imutwaye agenda n’amaguru ari nako apepera abaturage, bari ku nkengero z’imihanda abandi buriye amagorofa, biyamiraga mu byishimo byinshi bagira bati “Ni wowe, ni wowe, ni wowe”.

Abo baturage bunganirwa n’abandi na bo bamupeperaga bagira bati “Kagame wacu, Muzehe wacu, Kagame wacu”.

Abaturage bari bahereye mu masaha ya mu gitondo bahari, bategereje ko Perezida Kagame wari agaruka asubiye i Kigali bakamuha indamutso zabo.

Umwe muri bo yagize ati “Kuva tukimenya ko ari i Rubavu, bamwe twavuye mu ngo, abandi dukinga amaduka tuza kumutegerereza hano kuko twari tumukumbuye, abandi bataranamubona na rimwe. Urumva ko amashyushyu yo kumureba yari menshi. Ubwo rero byatubereye nk’igitangaza biranadushimisha ubwo yageraga ahangaha, akaba ahagaritse urugendo rwe agasohoka mu modoka akaturamutsa”.

Undi ati “Nari mfite amashyushyu yo kwirebera n’amaso Perezida Kagame, kandi ku bw’amahirwe menshi rwose wagira ngo yumvise ibyifuzo byacu nk’abaturage, kuko yatugezeho akava mu modoka yari imutwaye akadusuhuza. Ryari nk’ibonekerwa kwirebera Umukuru w’Igihugu cyacu n’amaso yanjye. Imitima yacu yururutse kuko umunsi wose twari twiyemeje kutagira na hamwe duteremukira tutaramubona. Perezida wacu ntajya yirengagiza abaturage be, yakoze cyane arakarama”.

Uku gusuhuza abaturage byamaze iminota iri hagati y’itanu n’irindwi, ubwo yari ageze imbere y’isoko rinini rya Goico Plaza, ahita asubira mu modoka akomeza urugendo rwerekeza i Kigali.

Perezida Kagame kandi yageze na Nyabugogo, nabwo ava mu modoka agenda mu muhanda asuhuza abaturage, bari benshi ku muhanda ndetse no ku nzu ndende ziwegereye, bakaba bose bamugaragarije ko bamwishimiye.

You Might Also Like

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

igire May 13, 2023 May 13, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?