Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yitabiriye igitaramo cya Move Afrika
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yitabiriye igitaramo cya Move Afrika

igire
igire Yanditswe December 7, 2023
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye ndetse bifatanya n’abakunzi ba muzika bari muri BK Arena mu gitaramo cya Move Afrika cyaririmbyemo umuraperi Kendrick Lamar.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye kwakira ibi bitaramo buri mwaka

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye kwakira ibi bitaramo buri mwaka

Perezida Kagame ubwo yari ageze muri BK Arena, yafashe umwanya abanza gusuhuza ibihumbi by’abitariye iki gitaramo ndetse avuga ko ari umugoroba w’ibyishimo n’uburyo bwiza bwo gusoza umwaka.

“Ati “Mbega uburyo bwiza bwo gusoza umwaka!”

Umukuru w’igihugu yavuze kandi ko kugira ngo umugabane wa Afurika ubashe gukomera bisaba gukorera hamwe mu guhangana n’ibibazo uhura nabyo.

Yavuze kandi ko u Rwanda runejejwe no kuba ruzajya rwakira ibikorwa by’umuryango wa Global Citizen binyuze mu bitaramo bya Move Afrika.

Ati: “tunejejwe no kujya twakira Global Citizen buri mwaka I Kigali binyuze muri Move Afrika.”

U Rwanda ruzajya rwakira ibi bitaramo buri mwaka, bikazanyura mu bufatanye hagati y’ikigo pgLang cya Kendrick Lamar n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB.

Ubu bufatanye buteganya ko ibi bitaramo bya “Move Afrika: Rwanda” bizajya bibera I Kigali buri mwaka mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere kugeza mu 2028.

Umukuru w’igihugu kandi yagarutse gato no ku ntego za Global Citizen yateguye iki gitaramo, maze avuga ko ibyo birori abituye abajyanama b’ubuzima mu Rwanda kubera uruhare rukomeye bagira mu mibereho y’abanyarwanda.

Perezida Paul Kagame mu gitaramo cya Move Afrika

                             Perezida Paul Kagame mu gitaramo cya Move Afrika

Perezida Kagame yaboneyeho umwanya wo kwifuriza abitabiriye iki gitaramo Noheli Nziza n’Umwaka Mushya Muhire wa 2024.

Uretse umuraperi Kendrick Lamar wari utegerjwe na benshi, abandi bahanzi basusurukije abakunzi ba muzika harimo umuhanzikazi ukomoka muri Tanzania, Zuchu, Bruce Melodie, Ariel Wayz ndetse n’umubyinnyi w’umunyarwandakazi wamamaye mu kubyina, Sherrie Silver.

KURIKIRA VIDEO YA PEREZIDA 

https://igire.rw/wp-content/uploads/2023/12/Move-Afrika-Concert-Rwanda-_-Remarks-by-President-Kagame.mp4

Amafoto: Urugwiro Village

You Might Also Like

Abashoramari bo muri Hongiriya beretswe amahirwe ari mu Rwanda

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

igire December 7, 2023 December 7, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Umujyi wa Kigali watanze inzu ku miryango 172 yatujwe mu Mudugudu wa Mpazi
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?