Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku Bukungu bwa Qatar
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku Bukungu bwa Qatar

igire
igire Yanditswe May 23, 2023
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere yageze i Doha muri Qatar, aho yitabiriye Inama ku Bukungu bw’icyo gihugu (Qatar Economic Forum), ibaye ku nshuro ya 3.

Ibiro by’Umukuru w’Igihug,Village Urugwiro, byatangaje ko Perezida Kagame yakiriwe n’Umuyobozi wa Qatar Airways, Akbar Al-Baker.

Inama y’ihuriro y’ubukungu ya Qatar, itegurwa na Bloomberg, ku gitekerezo cy’umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, iteganyijwe gutangira kuri uyu wa Kabiri tariki 23 kugeza 25 Gicurasi 2023.

Ni inama y’ingenzi mu bijyanye n’ubucuruzi n’ishoranari mu burasirazuba bwo hagati, yibanda ku bibazo bikomeye by’ubukungu bigaragazwa n’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, abayobozi bakuru b’ibigo by’ubucuruzi n’abandi.

Iyi nama kandi igamije gutanga ibitekerezo bishya kuri ibyo bibazo bibangamiye ubukungu, binyuze mu biganiro bitangwa n’abayobozi batandukanye.

Perezida Kagame witabiriye iyi nama, ari mu bakuru b’ibihugu bazatanga ibiganiro.

Abandi bazatanga ibiganiro muri iyi nama harimo Nana Addo Dankwa Akufo-Addo, Perezida wa Ghana, Mario Abdo Benítez, Perezida wa Paraguay, Irakli Garibashvili, Minisitiri w’Intebe wa Georgia, Sheikh Hasina, Minisitiri w’Intebe wa Bangladesh na Sheikh Mohammed bin Abdulrahman bin Jassim Al-Thani, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Qatar.

Harimo kandi Mohammed bin Abdullah Al-Jadaan, Minisitiri w’Imari w’Ubwami bwa Arabiya Sawudite, Umuyobozi w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, Kristalina Georgieva, David L. Calhoun, Perezida akaba n’umuyobozi mukuru wa sosiyete ya Boeing na Akbar Al-Baker, Umuyobozi wa Qatar Airways n’abandi.

Iyi nama y’ubukungu ibera i Doha, igamije no kugaragaza ubushobozi bwa Qatar mu guhuza Aziya na Afurika n’ibindi bice by’Isi, ndetse no gushimangira ko iri huriro ari umwanya ukomeye wa diplomasi ku Isi.

You Might Also Like

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

igire May 23, 2023 May 23, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?