Perezida wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu yageze i Kigali mu Rwanda aho yitabiriye Inama ya Africa CEO Forum ihuza abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma ndetse n’abayobozi b’ibigo bitandukanye, abashoramari baturutse muri Afurika ndetse no hirya no hino ku Isi.

Ubwo yari ageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, kuri uyu wa 13 Gicurasi 2026, yakiriwe na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda.
Iyi nama ya Africa CEO Forum izabera i Kigali kuva kuri uyu wa 14-15 Gicurasi 2026, ihuriza hamwe abafata ibyemezo mu nzego zitandukanye, baganira ku buryo bwo guteza imbere ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera, guteza imbere inganda, no gushaka ibisubizo by’ibibazo byugarije ubukungu bw’Afurika.


Sign Up For Daily Newsletter
Be keep up! Get the latest breaking news delivered straight to your inbox.
[mc4wp_form]
By signing up, you agree to our Terms of Use and acknowledge the data practices in our Privacy Policy. You may unsubscribe at any time.
