Kuri uyu wa Gatatu, Perezida mushya wa Mozambique, Daniel Chapo ategerejwe i Kigali mu ruzinduko rwe rwa mbere nk’umukuru w’Igihugu agiriye mu Rwanda.

Uru ruzinduko rw’iminsi ibiri rugamije gushimangira umubano w’ibihugu byombi, mu nzego zitandukanye z’ubufatanye cyane cyane mu by’umutekano.
Biteganyijwe ko Perezida Daniel Chapo yakirwa na mugenzi we Paul Kagame, bakagirana ibiganiro bigaruka ku mubano w’ibihugu byombi.

Perezida Chapo yatowe mu Kwakira umwaka ushize, ndetse yaherukaga guhura na mugenzi we w’u Rwanda, Perezida Paul Kagame ubwo bombi bitabiraga inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yabereye i Addis Abeba muri Gashyantare uyu mwaka.
Sign Up For Daily Newsletter
Be keep up! Get the latest breaking news delivered straight to your inbox.
[mc4wp_form]
By signing up, you agree to our Terms of Use and acknowledge the data practices in our Privacy Policy. You may unsubscribe at any time.