Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida wa Pologne yageze i Kigali (Amafoto)
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida wa Pologne yageze i Kigali (Amafoto)

igire
igire Yanditswe February 7, 2024
Share
SHARE

Perezida wa Pologne, Andrzej Sebastian Duda yageze mu Rwanda, kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 6 Gashyantare 2024, aho agiye kugirira uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu.

Perezida Andrzej Sebastian Duda, uri kumwe na Madamu we Agata Kornhauser–Duda, bageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali kiri i Kanombe bakirwa n’abayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta.

Aba bombi ndetse n’itsinda ry’abayobozi bari kumwe bageze mu Rwanda bavuye muri Kenya aho bakiriwe na Perezida w’iki gihugu, William Ruto na Madamu we, Rachel Ruto.

Biteganyijwe ko mu ruzinduko rwe, Perezida Andrzej Duda azagirana ibiganiro byihariye na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame ndetse hakazanasinywa amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Ku wa 7 Gashyantare 2-24, Perezida Andrzej Duda azasura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi. Azanitabira inama y’Ubucuruzi n’Ishoramari hagati y’u Rwanda na Pologne [Polish-Rwanda Business Forum] mbere y’uko yakirwa ku meza na Perezida Paul Kagame.

Tariki ya 8 Gashyantare 2024, Perezida Andrzej Sebastian Duda azagera ku Butaka Butagatifu bwa Kibeho, aho azasura ingoro ya ‘Bikira Mariya Nyina wa Jambo’, nyuma akazasura Ikigo cy’Abana bafite ubumuga bwo kutabona mu Karere ka Nyaruguru.

U Rwanda na Pologne bifitanye umubano umaze gushinga imizi mu ngeri zitandukanye kuva mu 1960.

Ibihugu byombi bifitanye amasezerano y’imikoranire n’ubufatanye bwa Kaminuza n’amashuri makuru ku mpande zombi. Muri Pologne habarizwa abanyeshuri b’Abanyarwanda bagera ku 1500.

Mu 2022, ni bwo u Rwanda rwahise rufungura Ambasade yarwo muri Pologne maze Prof Shyaka Anastase agirwa Ambasaderi warwo muri icyo gihugu.

Mu mwaka ushize wa 2023, u Rwanda na Pologne byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bya diplomasi, ay’ubufatanye mu bya gisirikare, kunoza ibikorwa byo gusoresha mu Rwanda no guteza imbere ikoranabuhanga mu by’imisoro.

 

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire February 7, 2024 February 7, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?