Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida wa Sunrise FC yatawe muri yombi
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Amakuru

Perezida wa Sunrise FC yatawe muri yombi

igire
igire Yanditswe December 6, 2023
Share
SHARE

Perezida w’ikipe ya Sunrise FC, Hodari Hillary yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) aho akurikiranyweho kunyereza miliyoni 160 z’amafaranga y’u Rwanda.

Aya mafaranga akaba ari aya Koperative icuruza Amata i Nyagatare n’ibiyakomokaho (Nyagatare Dairy Marketing Cooperative) yari abereye umuyobozi akaba afunganywe na Muhoza Happy wari umubaruramari wa yo bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Nyagatare.

Aba bagabo batawe muri yombi ku wa Mbere w’iki Cyumweru, amakuru ISIMBI yamenye ni uko bagiye muri Banki kwaka inguzanyo mu izana rya Koperative ariko ntibayikoreshe icyo bayisabiye.

Ibi bikiyongera ku bindi bifitanye isano no kunyereza umutungo nk’aho Hodari yakoreshaga imbaraga afite agashyira amavuta mu modoka ye bikandikwa ko ari mu ya Koperative akaba ari yo izayishyura, hakazaho no guhishira imicungire mibi ya Koperative.

Bahamwe n’icyaha bahanishwa ingingo ijyanye n’itegeko rya Ruswa. Itegeko riteganya ko igifungo kiva ku myaka itanu kikageza ku myaka icumi. Uwakoze ibyo byaha iyo abihamijwe n’inkiko kandi yongeraho ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’umutungo yanyereje.

Ku cyaha cyo guhishira amakuru yerekeranye n’imicungire mibi ya koperative, itegeko riteganya igihano cy’igifungo cy’amezi atandatu ariko kitarenze imyaka ibiri, n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva kuri 1 000 000 Frw ariko atarenze 2 000 000 Frw.

Gukoresha nabi cyangwa konona umutungo wa koperative, ubihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kuva ku myaka ibiri ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva kuri 500 000 Frw ariko atarenze 5 000 000 Frw.

You Might Also Like

Виртуальный портал 1win зеркало online: наполненный каталог тайтлов с бонусными спинами

Rutsiro: Kutagira umuriro bituma abatuye Sure batiteza imbere uko bikwiye

Online Casino games

1Вин зеркало на данный момент диалоговый

Melbet: Бонусы, промокоды а еще действия абсолютно все, чего бог велел большой свет!

igire December 7, 2023 December 6, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?